Izuka rya Yesu: N’ukuri cyangwa N’ibihimbano?.

Mubihe byacu bigezweho, by’abize, rimwe na rimwe twibaza niba imyizerere gakondo, cyane cyane iy’ibyerekeranye na Bibiliya, ari imyizerere mibi itajyanye n’igihe.  Bibiliya ivuga ibitangaza byinshi, ariko birashoboka ko ikidasanzwe ari inkuru ya pasika y’izuka rya Yesu Kristo mu bapfuye nyuma yo kubambwa ku musaraba. 

Haba hari ibimenyetso byumvikana byo kuzirikana iyi nkuru ya Yesu wazutse mu bapfuye?  Igitangaje kuri benshi, hashobora gukorwa urubanza rukomeye ko izuka rya Yesu ryabaye kandi ibi bimenyetso bishingiye ku mateka, ntabwo bishingiye ku myizerere ishingiye ku idini.

Iki kibazo gikwiye iperereza ryitondewe kuko bigira ingaruka mu buzima bwacu. N’ubundi kandi, twese tuzapfa, hatitawe ku mafaranga, amashuli, ubuzima n’izindi ntego twageraho mubuzima. Niba Yesu yaratsinze urupfu noneho bitanga ibyiringiro nyabyo imbere y’urupfu rwacu rwegereje.  Reka turebe amakuru y’ingenzi y’amateka n’ibimenyetso byerekana izuka rye.

Inkomoko y’Amateka ya Yesu: Tacitus na Josephus

Kuba Yesu yarabayeho kandi agapfira ku karubanda byahinduye inzira y’amateka byanze bikunze. Umuntu ntagomba kureba Bibiliya kugirango abigenzure. Amateka y’isi yandika byinshi kuri Yesu n’ingaruka yagize ku isi y’igihe cye. Reka turebe bibiri. Guverineri w’Abaroma w’umunyamateka Tacitus yavuze kuri Yesu ubwo yandikaga uburyo Umwami w’Abaroma Nero yishe abakristu bo mu kinyejana cya 1 (muri AD 65), abo Nero yashinjaga ko batwitse Roma. Dore ibyo Tacitus yanditse muri 112 nyuma ya Yesu: 

‘Nero .. yakoreye iyicarubozo ry’indengakamere, abantu bitwaga abakristu, banzwe kubera ukwemera bwabo. Christus washinze iryo zina, yishwe na Pontius Pilato, umushinjacyaha wa Yudeya ku ngoma ya Tiberiyo; kubw’imyemerere y’ubupfumu, kwigomeka kw’igihe kirekire kwongeye kwaduka, atari muri Yudaya gusa, aho byatangiriye gukwirakwirizwa, ahubwo byakomereje no mu mujyi w’i Roma ’ Tacitus. Annals XV. 44 

Tacitus yemeza ko Yesu yari: 1) umuntu w’amateka; 2) yishwe na Pontius Pilato; 3) bitarenze 65 nyuma ya Yesu (igihe cya Nero) kwizera kwa gikristo kwakwiriye hakurya y’inyanja ya Mediterane kuva Yudaya ukagera i Roma n’umuvuduko mwinshi kuburyo umwami wa Roma yumvaga agomba guhangana nabyo. Urabona ko hano Tacitus abivuga nk’umutangabuhamya utari ubishyigikiye kuko we yabonaga iyo nkundura ya Yesu yatangije kuko yayitaga ‘imyemerere y’ubupfumu’.  Arayirwanya, ariko ntahakana amateka yayo.

Josephus yari umuyobozi w’ingabo z’Abayahudi n’umunyamateka wandikiraga Abaroma mu kinyejana cya mbere. Yashyize mu ncamake amateka y’Abayahudi kuva yatangira kugeza mugihe cye. Mugukora ibyo, yanditse ku gihe n’umwuga wa Yesu muri aya magambo: 

‘Muri iki gihe hari umunyabwenge … Yesu. … mwiza, kandi w’imico myiza…. Abantu benshi bakomoka mu Bayahudi no mu bindi bihugu bahindutse abigishwa be. Pilato yamuciriye iteka ryo kubambwa no gupfa. Kandi ababaye abigishwa be ntibaretse inyigisho ze. Batangaje ko yabigaragarije nyuma y’iminsi itatu abambwe kandi ko yari muzima ’ Josephus. 90 nyuma ya Yesu. Antiquities xviii. 33 

Josephus yemeza ko: 1) Yesu yabayeho, 2) Yari umwigisha w’idini, 3) Abigishwa be batangaje ku mugaragaro izuka rya Yesu mu bapfuye.  Birasa nkaho rero muri ibyo byagaragaye kera ko urupfu rwa Kristo rwabaye ikintu kizwi cyane kandi n’izuka rye ryakwirakwijwe ku isi y’Abagereki n’Abaroma n’abigishwa be. 

Imvo n’imvano y’amateka – yo muri Bibiliya 

Luka, umuganga n’umunyamateka atanga ibisobanuro birambuye by’ukuntu uku kwizera kwateye imbere ku isi ya kera. Dore igice cye mu Byakozwenintumwa muri Bibiliya: 

‘Abayobozi b’amadini n’umutware w’abirinzi b’ingoro … baza kuri Petero na Yohana … Barakaye cyane kuko intumwa zigishaga abantu zibabwira izuka ry’abapfuye kubwa Yesu…Bafashe Petero na Yohana … babashyira mu nzu y’imbohe…Babonye ubutwari bwa Petero na Yohana bamenye ko batize amashuri, kandi bari abagabo basanzwe, baratangaye bati… “Turakora iki kuri aba bagabo?”. ’Ibyakozwenintumwa 4: 1-16 (63 AD) 

‘ Nuko umutambyi mukuru na bagenzi be bose, … yafashe intumwa azishyira mu nzu y’imbohe rusange. … bararakaye bashaka kuzica….Binjiza intumwa kandi bazikubita. Hanyuma bazitegeka kutavuga mu izina rya Yesu, bakabareka bakagenda.’ Ibyakozwenintumwa 5: 17-40 

Turabona ko abayobozi bakoze ibishoboka byose kugirango bahagarike iyi myizerere mishya. Izi mpaka zambere zabereye i Yeruzalemu – umujyi umwe aho ibyumweru bike gusa mbere yuko Yesu yicwa ku mugaragaro agashyingurwa. 

Duhereye kuri aya makuru y’amateka twashobora gukora iperereza ku izuka dupima ubundi buryo bushoboka bwose hanyuma tukareba icyumvikana cyane – hatabaye kugendera ‘ ku kwizera ’ izuka ry’igitangaza.

Umubiri wa Yesu n’imva 

Dufite ubundi buryo bubiri gusa bwerekeye umubiri wa Kristo wapfuye. Haba ko imva yari irimo ubusa kuri Pasika ku cyumweru mugitondo cyangwa yari ikirimo umubiri we.  Nta yandi mahitamo. 

Reka dufate ko umurambo we wagumye mu mva. Mugihe dutekereje kubintu byabayeho mumateka, ariko, duhita duhura ningorane. Kuki abayobozi b’Abaroma n’Abayahudi i Yeruzalemu bagomba gufata ingamba zikaze zo guhagarika inkuru z’izuka niba umurambo wari ukiri mu mva, barwanya ko abigishwa’ gutangariza rubanda ko yavuye mu bapfuye?  Niba umubiri wa Yesu wari ukiri mu mva byari kuba ibintu byoroshye ko abayobozi bakora akarasisi bagaragaza umubiri wa Kristo imbere ya buri wese. Ibi byari gutesha agaciro iyi nkundura twe batiriwe bafunga, ngo bakore iyicarubozo hanyuma amaherezo ngo babicire ukwemera kwabo.  Kandi ibande ku – bihumbi byahinduwe kugirango byemere izuka ry’umubiri wa Yesu i Yeruzalemu muri iki gihe. Iyaba nari umwe mu bantu bumvaga Petero, nibaza niba nshobora kwizera ubutumwa bwe budasanzwe (nyuma ya byose, byaje kuzamo gutotezwa) nibura nari gufata ikiruhuko cyanjye cya sasita nkajya ku mva maze ngo nirebere n’amaso yanjye niba umurambo we wari ukirimo. Iyo umubiri wa Kristo wari kuba ukiri mu mva iyi nkundura ntiyari kubona abayoboke mu bihe nk’ibyo kandi hari ibimenyetso bifatika bibahakanya. Umubiri wa Kristo rero niba warasigaye mu mva uganisha ku busa. Ntabwo byumvikana.

Baba abigishwa baribye umurambo? 

Nibyo, hari ibindi bisobanuro bishoboka ko imva yari kuba irimo ubusa usibye izuka. Ariko, ibisobanuro byose byerekana ibura ry’umubiri bigomba no kwita kuri aya makuru: ikirango cy’Abaroma cyari hejuru y’imva, irondo ry’Abaroma ririnda imva, ibuye rinini (hagati ya toni 1-2) ritwikiriye ubwinjiriro bw’imva, ibiro 40 by’ibyakoreshejwe mu kurinda umurambo. Urutonde rurakomeza. Umwanya ntutwemerera kureba ibintu byose hamwe n’ibyabaye kugirango dusobanure iby’ukubura k’umubiri, ariko ibisobanuro byishingikirijwe cyane bivuga ko abigishwa ubwabo bibye umurambo mu mva, bawuhisha ahantu runaka kugirango bashobore kuyobya abandi. 

Dufate iki kintu, twirinda impaka zimwe zavamo ibibazo byo gusobanura uburyo itsinda ry’abigishwa bacitse intege bahungisha ubuzima bwabo mugihe Yesu yafatwaga, byari gushoboka gute kongera guterana no gucura umugambi wo kwiba umurambo, bagaca rwose k’umurinzi w’Abaroma. Bahise bamena ikirango, bimura urutare runini, maze basohokana n’umubiri wuzuye – bose nta nkomere (kuva bose barakomeje kuba abatangabuhamya kuka rubanda).  Reka dufate ko bashoboye kubikora neza hanyuma bose binjira ku rwego rw’isi kugirango batangire kwemera bashingiye ku buriganya bwabo. Benshi muri twe muri iki gihe bakeka ko icyashishikarije abigishwa aruko bifuzaga kugaragaza ubuvandimwe n’urukundo mu bantu. Ariko usubiye inyuma ukareba ibyo Luka na Josephus bombi bavuze hanyuma urabona ko icyo bavugagaho cyari “intumwa zigishaga abantu kandi zitangaza izuka ry’abapfuye kubwa Yesu”. Iyi nsanganyamatsiko ni yo shingiro mu nyandiko zabo. Reba uburyo Pawulo indi ntumwa, agereranya akamaro k’izuka rya Kristo: 

Kuko … Nanyuze kuri wowe ko Kristo yapfuye … arahambwa, ko yazutse ku munsi wa gatatu … yabonekeye Petero hamwe n’abandi cumi na babiri. Niba Kristo atari yarazutse, ivugabutumwa ryacu ntacyo ryaba rimaze … kwizera kwawe kwaba ubusa…Niba gusa kuri ubu buzima dufite ibyiringiro muri Kristo, tugomba kugirirwa impuhwe kurusha abantu bose…. Niba nararwanyije inyamaswa zo mu gasozi muri Efeso kubera impamvu z’abantu gusa, ni iki nabonyemo? Niba abapfuye batazutse – ‘Reka turye tunywe kuko ejo tuzapfa’….

I Abakorinto 15: 3-32 (57 AD

Ikigaragara ni uko mu bitekerezo byabo abigishwa bashingiye ku kamaro n’umuhamya bwabo kw’izuka rya Kristo mu rugendo rwabo.  Dufate ko ibyo byari ibinyoma rwose – ko abo bigishwa bibye umubiri kugirango bahangane n’ibimenyetso ku butumwa bwabo bidashobora kubashyira ahagaragara. Bashobora noneho gushuka isi neza, ariko bo ubwabo bari kumenya ko ibyo babwirizaga, bandikaga no guteza imvururu zikomeye kandi ari ibinyoma. Nyamara batanze ubuzima bwabo (muburyo bugaragara) kubw’ubu butumwa. Kuki babikoze – Niba bari baziko ishingiro ryabyo ari ibinyoma? Abantu baha ubuzima bwabo bitewe nuko bizera impamvu barwana cyangwa kuko bategereje inyungu zimwe. Niba abigishwa baribye umurambo bakawuhisha, mubantu bose bari kumenya ko izuka atari ukuri. Tekereza ku magambo yabo igiciro abigishwa bishyuye cyo gukwirakwiza ubutumwa bwabo – hanyuma wibaze niba wishyura igiciro cy’umuntu ku kintu wari uzi ko ari ibinyoma: 

Turagoswe cyane kumpande zose … ntitugoheka … turatotezwa, turakubitwa … turashengurwa… mu kwihangana gukomeye, mubibazo, ingorane, imibabaro, mugukubitwa, gufungwa n’imvururu, uburetwa kurara amajoro n’inzara … gukubitwa … umubabaro … ubukene … ubutindi… ..Inshuro eshanu abayahudi bankubise imikoba 39, inshuro eshatu nakubiswe ibyuma, natewe amabuye, inshuro eshatu narohamye mu bwato, … , nahuye n’imihengeri,  nashyizwe mu mabandi, nahuye n’amakuba mu gihugu cyanjye, no mu banyamahanga, mu mujyi, mu gihugu, mu nyanja. Nakoze cyane kandi nkora uburetwa kandi akenshi naraye ntasinziriye, kubera inzara n’inyota… Nishwe n’imbeho kandi nambaye ubusa… Nagize intege nke kandi sinumva ko ndi umunyantege nke.

II Abakorinto 4: 8 – 6:10; 11: 24-29 

Uko ngenda nita k’ubutwari butagabanuka mu buzima bwabo bwose (ntanumwe wacitse intege kumpera ngo ‘yemere icyaha’), niko mbona bidashoboka ko batemeraga byimazeyo ubutumwa bwabo. Ariko niba bari babyizeye rwose ntibashoboraga kuba baribye bakajugunya umubiri wa Kristo. Umunyamategeko ugenza ibyaha uzwi cyane, wigishije abanyeshuri b’amategeko i Harvard uburyo bwo gusuzuma intege nke mu batangabuhamya, yagize icyo avuga muri aya magambo ku bigishwa: 

“ Amateka y’intambara za gisirikare ntashobora gutanga urugero rw’ubutwari budatezuka, kwihangana, n’ubutwari budacogora. Bari bafite impamvu zose zishoboka zo gusuzuma bitonze ishingiro ry’ukwemera kwabo, n’ibimenyetso by’ukuri  gukomeye” Greenleaf. 1874. An examination of the Testimony of the Four Evangelists by the Rules of Evidence Administered in the Courts of Justice. p.29 

Igifitanye isano nibi ni uguceceka kw’abarwanyaga abigishwa – Abayahudi cyangwa Abaroma. Aba ntibigeze bagerageza kuvuga cyane inkuru ya ‘nyayo’, cyangwa ngo berekane uburyo abigishwa babeshye. Nk’uko Dr. Montgomery avuga, 

“Ibi bishimangira kwizerwa kw’ubuhamya ku izuka rya Kristo ryerekanywe mu masinagogi– imbere y’ababarwanyaga, mu banzi bari kubasenya muri urwo rubanza… iyaba ibyabaye byari ataribyo” Montgomery. 1975. Legal reasoning and Christian Apologetics. p.88-89

Ntabwo dufite umwanya wo gusuzuma buri gice cy’iki kibazo. Ariko, gutinyuka kutajegajega kw’abigishwa no guceceka kw’abayobozi b’iki gihe kuvuga byinshi ko koko Kristo yazutse, kandi ko bikwiye gufata akanya ko kubitekerezaho.  Bumwe mu buryo bwo kubikora n’ukubyumva mu byanditswe muri Bibiliya. Ahantu heza ho gutangirira ni ku bimenyetso bya Aburahamu na Mose. Nubwo babayeho imyaka irenga igihumbi mbere ya Yesu, ibyababayeho byari uguhanura urupfu n’izuka rya Yesu.

Kuki Imana Nziza yaremye Sekibi??

Bibiliya ivuga ko sekibi ( cyangwa Satani ) muburyo bw’inzoka yashutse Adamu na Eva bagakora ibyaha kandi ikazana kugwa kwabo.  Ariko ibi bitera kwibaza ikibazo cy’ingenzi: Kuki Imana yaremye ‘ ikibi ’ satani ( bivuze ‘ umwanzi ’ ) kugirango yonone ibyo yaremye byiza?

Lusiferi – Uhebuje

Bibiliya ivuga ko Imana yaremye umwuka ukomeye, ufite ubwenge, kandi mwiza wari umutware mu bamarayika bose.  Yiswe Lusiferi (bisobanura ‘Uhebuje’) – kandi yari mwiza cyane.  Ariko Lusiferi nawe yari afite ubushake ashobora kwihitiramo.  Igice muri Yesaya 14 cyanditseho amahitamo yari afite.

 12  “Wa nyenyeri yo mu ruturuturu we, mwana w’umuseke ko uvuye mu ijuru, ukagwa! Uwaneshaga amahanga ko baguciye bakakugeza ku butaka! 13 Waribwiraga uti ‘Nzazamuka njye mu ijuru nkuze intebe yanjye y’ubwami isumbe inyenyeri z’Imana’, kandi uti ‘Nzicara ku musozi w’iteraniro mu ruhande rw’impera y’ikasikazi, 

Yesaya 14: 12-14

Lusiferi, kimwe na Adamu, yahuye n’amahitamo.  Yashoboraga kwemera ko Imana yari Imana cyangwa agahitamo ko yaba imana ubwe.  Gukomeza kuvuga kwe ati “Jyewe nza” yerekana ko yahisemo gusuzugura Imana no gutangaza ko ari ‘ usumba byose’.  Igice cyo muri Ezekiyeli gitanga inkuru ibangikanye yo kugwa kwa Lusiferi:

 13Wahoze muri Edeni ya ngobyi y’Imana, umwambaro wawe wari ibuye ryose ry’igiciro cyinshi, odemu na pitida na yahalomu, na tarushishi na shohamu na yasipi, na safiro na nofekina na bareketi n’izahabu, ubuhanga bwo kubaza amashako n’imyironge bwari iwawe, mu munsi waremwemo byose byari biringaniye. 14Wari warasīgiwe kugira ngo ube umukerubi utwikīra, kandi nagushyizeho kugira ngo ube ku musozi wera w’Imana, wagendagenderaga hagati y’amabuye yaka umuriro. 15Wari utunganye bihebuje mu nzira zawe zose uhereye umunsi waremweho, kugeza igihe wabonetsweho gukiranirwa. 16Wuzuyemo urugomo ruzanywe n’ubugenza bwawe bwinshi bugutera gucumura, ni cyo cyatumye nkwirukana nk’uwanduye nkagukura ku musozi w’Imana. Narakurimbuye wa mukerubi utwikīra we, ngukura hagati ya ya mabuye yaka umuriro. 17Ubwiza bwawe ni bwo bwateye umutima wawe kwishyira hejuru, kubengerana kwawe ni ko kononnye ubwenge bwawe,nakujugunye hasi ngutangariza imbere y’abami kugira ngo bakwitegereze.

Ezekiyeli 28: 13-17

Ubwiza bwa Lusiferi, ubwenge n’imbaraga – ibintu byiza byose yaremanywe n’Imana – byatumye agira ubwibone.  Ubwibone bwe bwatumye yigomeka, ariko ntabwo yigeze atakaza imbaraga n’ubushobozi bwe.  Ubu ayoboye imyigaragambyo y’isi mu kurwanya Umuremyi we kugirango abone uzaba Imana.  Amayeri ye kwari ugusaba abantu kwifatanya nawe – mu kubagerageza guhitamo kimwe mubyo nawe yakoze – kwikunda, kwigenga ku Mana, no kuyisuzugura.  Umutima w’igeragezwa ry’ubushake bwa Adamu wari umwe na Lusiferi; gusa nuko byakozwe mu buryo butandukanye.  Nuko bombi bahitamo kuba ‘imana’ ubwabo.

Satani – akora binyuze mubandi

Igice cya Yesaya cyerekejwe ku‘Umwami wa Babiloni ’ kandi igice cya Ezekiyeli cyandikiwe ‘ Umwami wa Tiro’.  Ariko mubisobanuro byatanzwe, biragaragara ko ntamuntu uvugwa.  “Jyewe nza” muri Yesaya asobanura umuntu wajugunywe ku isi mu gihano azira gushaka gushyira intebe ye hejuru y’Imana.  Ezekiyeli avuga ‘umurinzi w’abamarayika ’ wigeze kwimukira muri Edeni no ku ‘musozi w’Imana ’.  Satani (cyangwa Lusiferi ) akenshi yihisha inyuma cyangwa agakoresha abandi.  Mu Itangiriro avuga abinyujije mu nzoka.  Muri Yesaya akoresha Umwami wa Babiloni, no muri Ezekiyeli yigarurira Umwami wa Tiro.

Kuki Lusiferi yigometse ku Mana?

Ariko kuki Lusiferi yifuza guhangana na Rurema ufite imbaraga zose kandi uzi byose?  Igice cyo kuba ‘ umunyabwenge ’ ni ukumenya niba ushobora gutsinda uwo muhanganye cyangwa udashobora gutsinda.  Lusiferi ashobora kugira imbaraga, ariko ibyo ntibyaba bihagije gutsinda Umuremyi we.  Kuki yemeye kubura byose ku kintu adashobora gutsinda?  Natekereza ko umumarayika w’‘umunyabwenge ’ yaba yaramenye aho agarukira mu kurwanya Imana – agahagarika kwigomeka kwe.  None se kuki atabikoze?  Iki kibazo cyanteye urujijo imyaka myinshi.

Hanyuma naje gusobanukirwa ko Lusiferi ashobora kwizera gusa ko Imana ari Umuremyi wayo ukomeye cyane kubwo kwizera – kimwe natwe.  Bibiliya yerekana ko abamarayika baremwe mu cyumweru cyo kurema.  urugero, igice cyo muri Yobu kiratubwira:

Nuko Uwiteka asubiriza Yobu muri serwakira ati

“Wari uri he igihe nubakaga urufatiro rw’isi?

Mbwira, niba ubyumva….

mugihe inyenyeri zo mu gitondo zaririmbiye hamwe

kandi abamarayika bose bakaririmba mu ijwi ry’ibyishimo?

Yobu 38: 1-7

Ibaze igihe Lusiferi yaremwaga kandi ikagira ubwenge mu cyumweru cyo kurema, ahantu runaka mu isanzure.  Icyo azi ni uko ubu abaho kandi arisobanukiwe, kandi nanone ko hari ikindi kintu kivuga ko cyamuremye we n’isanzure.  Ariko Lusiferi yamenye ate ko ibi ari ukuri?  Ahari, uyu witwa ‘ umuremyi ’ yaje kubaho mu nyenyeri mbere gato yuko Lusoferi abaho.  Kandi kubera ko uyu ‘ umuremyi ’ yageze kare aho byabereye, yari ( ahari ) akomeye cyane kandi (wenda)yari afite  ubumenyi burenze  – ariko rero biranashoboka ko byaba atari byo.  Birashoboka ko we na ‘rurema’ bombi bari babereyeho icyarimwe.  Lusiferi yashoboraga kwakira Ijambo ry’Imana gusa ko yamuremye kandi ko Imana ubwayo yari uhoraho kandi itagira iherezo.  Mu bwibone bwe yahisemo ahubwo kwizerera mu byifuzo bye.

Birashoboka ko bisa nkaho biri kure cyane ko Lusiferi yizera ko we n’Imana (hamwe n’abandi bamarayika) ‘ babayeho’ gutyo gusa.  Ariko iki ni igitekerezo kimwe cy’ibanze cyihishe inyuma y’imitekerereze igezweho muri “cosimolojiya”.  Hariho ihindagurika ry’isi yari ubusa, hanyuma muri uku guhindagurika havutse isanzure – ni ryo shingiro ry’ibitekerezo bigezweho ku kubaho kw’isi.  Mu ishingiro, abantu bose – kuva kuri Lusiferi kugeza kuri Richard Dawkins na Stephen Hawkings no kuri wowe na njye – tugomba guhitamo kwizera niba isanzure ryarikoze ryo ubwaryo cyangwa ryarakozwe kandi rikomezwa n’Imana Rurema.

Mu yandi magambo, kubona si ko kwizera.  Lusiferi yaba yarabonye kandi aganira n’Imana.  Ariko kandi yari gukomeza kwemera ‘kubwo kwizera ’ Imana yamuremye.  Abantu benshi bavuga ko Imana ‘yigaragaje’ kuri bo noneho bakwizera.  Ariko muri Bibiliya abantu benshi babonye kandi bumva Imana – ariko ntibazirikana ijambo ryayo.  Ikibazo cyari ukumenya niba bazemera kandi bakizera Ijambo ryayo ku bwayo na bo ubwabo.  Kuva kuri Adamu na Eva, kugeza kuri Gahini na Abeli, kugeza kuri Nowa, kugeza ku Banyamisiri kuri Pasika ya mbere, kugeza kub’Isiraheli bambuka inyanja Itukura – ndetse no kubabonye ibitangaza bya Yesu – ‘kubona ’ ntabwo byigeze bituma bizera.  Kugwa kwa Lusiferi rero bihuye nibi.

Ni iki Sekibi akora uyu munsi?

Dukurikije Bibiliya, Imana ntiyigeze irema ‘sekibi’, ariko yaremye malayika ukomeye kandi ufite ubwenge.   Bitewe n’ubwibone yatangije kwigomeka ku Mana – mu kubigenza atyo yahise avumwa, mu gihe yagumanye, ubwiza bwe bw’agahebuzo.  Wowe, njye, n’abantu bose turi muri uru rugamba ruri hagati y’Imana na ‘umwanzi ’ wayo (sekibi).  Amayeri ya satani ntabwo ari ukuzenguruka yambaye imyenda y’umukara nka ‘Black Riders’ muri filimi ‘Lord of the Rings’ aduteza imivumo.  Ahubwo arashaka kutubeshya ngo atubuze kubabarirwa nkuko Imana yabisezeranije mu ntangiriro, binyuze muri Aburahamu, binyuze muri Mose, hanyuma bikagerwaho binyuze mu rupfu n’izuka rya Yesu.  Nkuko Bibiliya ibivuga:

 14Kandi ibyo si igitangaza, kuko na Satani ubwe yihindura nka marayika w’umucyo. 15Nuko rero ubwo bimeze bityo, ntibyaba igitangaza kugira ngo abakozi be na bo bigire nk’abakozi bagabura ibyo gukiranuka: iherezo ryabo rizahwana n’imirimo yabo.

2 Abakorinto 11: 14-15

Kuberako Satani nabakozi be bashobora kwiyerekana nk ‘urumuri’ turashukwa byoroshye.  Ahari niyo mpamvu Ubutumwa bwiza buri gihe busa nk’aho buhanganye n’ibyiyumviro byacu n’imico yose.

Amategeko Icumi ni ayahe? Yigisha iki?

Mose yanditse ibitabo bitanu bya mbere bya Bibiliya, bisobanura ivuka ry’igihugu cya Isiraheli hashize imyaka ibihumbi.  Mose yatangiye kuyobora Abisiraheli (cyangwa Abayahudi) bava mu bucakara muri Egiputa afite ubutumwa bwo gutabara bwitwa Pasika – aho Imana yabohoye Abisiraheli mu buryo bwerekanaga ko yari kuzabohora abantu bose mugihe kizaza.  Ariko intego ya Mose’ ntabwo yari iyo kuyobora Abisiraheli gusa ibavana mu bucakara bwo mu Misiri, ahubwo no kubayobora mu buryo bushya bwo kubaho. Nyuma y’iminsi mirongo itanu rero Pasika yakijije Abisiraheli, Mose yabayoboye ku musozi wa Sinayi (cyangwa umusozi wa Horeb) aho bakiriye Amategeko.

None se Mose yabonye amategeko ki?  Nubwo Itegeko ryuzuye ryari rirerire, Mose yabanje guhabwa amategeko yihariye y’imyitwarire yanditswe n’Imana ku bisate by’amabuye, azwi nk’Amategeko Icumi ( cyangwa Decalogue ). Ayo Icumi yabaye incamake y’Itegeko – amategeko asabwa mu myifatire imbere y’ayandi yose – kandi ni imbaraga z’Imana zikora kugira ngo zitwemeze kwihana.

Amategeko Icumi

Dore amategeko Icumi, yanditswe n’Imana ku ibuye, hanyuma yandikwa na Mose mu gitabo cya Bibiliya cyo Kuva.

1Imana ivuga aya magambo yose iti 2“Ndi Uwiteka Imana yawe yagukuye mu gihugu cya Egiputa, mu nzu y’uburetwa.3“Ntukagire izindi mana mu maso yanjye.4  “Ntukiremere igishushanyo kibajwe, cyangwa igisa n’ishusho yose iri hejuru mu ijuru, cyangwa hasi ku butaka cyangwa mu mazi yo hepfo y’ubutaka. 5 Ntukabyikubite imbere, ntukabikorere kuko Uwiteka Imana yawe ndi Imana ifuha, mpōra abana gukiranirwa kwa ba se, nkageza ku buzukuruza n’ubuvivi bw’abanyanga, 6nkababarira abankunda bakitondera amategeko yanjye, nkageza ku buzukuruza babo b’ibihe igihumbi.7  “Ntukavugire ubusa izina ry’Uwiteka Imana yawe, kuko Uwiteka atazamubara nk’utacumuye, uvugiye ubusa izina rye.8  “Wibuke kweza umunsi w’isabato. 9 Mu minsi itandatu ujya ukora, abe ari yo ukoreramo imirimo yawe yose, 10ariko uwa karindwi ni wo sabato y’Uwiteka Imana yawe. Ntukagire umurimo wose uwukoraho, wowe ubwawe, cyangwa umuhungu wawe cyangwa umukobwa wawe, cyangwa umugaragu wawe cyangwa umuja wawe, cyangwa itungo ryawe cyangwa umunyamahanga wawe uri iwanyu, 11 kuko iminsi itandatu ari yo Uwiteka yaremeyemo ijuru n’isi n’inyanja n’ibirimo byose, akaruhukira ku wa karindwi. Ni cyo cyatumye Uwiteka aha umugisha umunsi w’isabato, akaweza.12  “Wubahe so na nyoko, kugira ngo uramire mu gihugu Uwiteka Imana yawe iguha. 18.20; Ef 6.2-313  “Ntukice. 18.20; Rom 13.9; Yak 2.1114  “Ntugasambane. 13.9; Yak 2.1115  “Ntukibe.16  “Ntugashinje ibinyoma mugenzi wawe.17  “Ntukifuze inzu ya mugenzi wawe, ntukifuze umugore wa mugenzi wawe, cyangwa umugaragu we cyangwa umuja we, cyangwa inka ye cyangwa indogobe ye, cyangwa ikindi kintu cyose cya mugenzi wawe.”18  Abantu bose bumva za nkuba zikubita, babona ya mirabyo irabya, bumva ijwi rya rya hembe, babona wa musozi ucumba umwotsi, babibonye bahinda imishyitsi, bahagarara kure.

Kuva 20: 1-18

Igipimo cy’amategeko Icumi

Uyu munsi rimwe na rimwe twibagirwa ko aya ari amategeko. Ntabwo ari ibyifuzo. Ntanubwo ari ubujyanama.  Ariko ni kangahe tugomba kubahiriza aya mategeko? Ibi biza mbere gato yo gutanga amategeko Icumi

 3Mose arazamuka ngo ajye aho Imana iri, Uwiteka ari ku musozi amubwira amutera amagambo ati “Uko abe ari ko ubwira inzu ya Yakobo, ubu butumwa abe ari bwo ubwira Abisirayeli uti 4‘Mwabonye ibyo nagiriye Abanyegiputa, kandi uko naramije mwe amababa nk’ay’ikizu nkabizanira. 5 None nimunyumvira by’ukuri, mukitondera isezerano ryanjye muzambera amaronko, mbatoranije mu mahanga yose kuko isi yose ari

Kuva 19: 3, 5

Ibi byatanzwe nyuma y’amategeko Icumi

 7Yenda igitabo cy’isezerano agisomera abantu, baramubwira bati “Ibyo Uwiteka yavuze byose tuzabikora, kandi tuzamwumvira.”

Kuva 24: 7

Reka tubitekerezeho. Rimwe na rimwe mu bizamini by’ishuri, mwarimu yaduhaga ibibazo byinshi (urugero 20) ariko rero akadusaba gusubiza bimwe mubibazo gusa. Twashoboraga, nk’urugero, guhitamo ibibazo 15 byose kuri 20 dushobora gusubiza. Buri munyeshuri yatoraga ibibazo 15 yahisemo gusubiza. Muri ubu buryo, mwarimu yabaga yorohereje ikizamini.

Abantu benshi bafata amategeko Icumi kimwe. Batekereza ko Imana, nyuma yo gutanga amategeko Icumi, yashakaga kuvuga, “ Gerageza bitandatu wahisemo muri aya mategeko icumi ”.  Turatekereza gutya kuko twibwira ko Imana iringaniza ‘ ibikorwa byiza ’ kurwanya ‘ ibikorwa bibi ’.  Niba ibikorwa byacu byiziza biruta cyangwa bihagarika Imyumvire yacu mibi noneho turizera ko ibi bihagije kugirango tubone ubutoni bw’Imana cyangwa tubone inzira itujyana mwijuru.  Kubera iyo mpamvu, benshi muri twe bagerageza gushaka agaciro k’amadini n’ibikorwa by’amadini nko kujya mu rusengero, mu musigiti cyangwa mu sinagogi, gusenga, kwiyiriza ubusa no guha amafaranga abakene.  Ibi bikorwa twizere ko biringaniza ibihe tutumvira amwe mu Mategeko Icumi.

Ariko, muby’ukuri gusoma ku bijyanye n’amategeko Icumi byerekana ko ataribwo buryo yatanzwemo. Abantu bagomba kumvira no kubahiriza amategeko YOSE – igihe cyose.  Ingorane ihari kuri ibi nuko benshi bigomeka barwanya amategeko Icumi.  Abahakanamana bazwi cyane Christopher Hitchens barwanyije amategeko Icumi kubera iyi mpamvu:

“… noneho haza amategeko ane azwi cyane ariyo abuza kwica, ubusambanyi, ubujura, no kuba umuhamya w’ibinyoma.  Hanyuma, hariho kandi kubuza ubwambuzi, kubuza kwifuza umugore w’undi … kwikubira.  …  Aho kwamagana ibikorwa bibi, hariho gusa interuro yo kwamagana ibitekerezo bidahwitse….  Rero isaba ibidashoboka….  Umuntu ashobora kubuzwa gukora ibikorwa bibi …, ariko kubuza abantu kubitekerezaho ni ukurengera…. Niba koko imana yashakaga ko abantu batagira ibitekerezo nkibi, yari akwiye kwitondera cyane ikarema ibiremwa bitandukanye” Christopher Hitchens.  2007. God is not great: How religion spoils everything

P.99-100

Kuki Imana yatanze amategeko Icumi?

Gutekereza ko Imana yemera 50% hakiyongereyeho umuhate, cyangwa ko Imana yakoze ikosa mugusaba ibidashoboka ni ukumva nabi intego y’amategeko Icumi. Yatanzwe kugirango adufashe kumenya ikibazo cyacu.

Reka tubyerekane hamwe n’urugero.  Dufate ko waguye hasi kandi ukuboko kwawe kukababara- nyamara kandi ukaba utazi neza ibyangiritse imbere.  Amagufa yo mu kuboko kwawe yaravunitse cyangwa ntiyavunitse?  Ntabwo uzi neza niba bizagenda neza, cyangwa niba ukeneye gusuzumisha kuboko kwawe.  Ufata rero X-ray y’ukuboko kwawe kandi ishusho ya X-ray igaragaza ko, yego rwose, niba igufwa ryo mukuboko kwawe ryaravunitse. Ese X-ray ikiza ukuboko kwawe?  Ukuboko kwawe se kwaba kumeze neza kubera X-ray?  Oya, ukuboko kwawe kuracyavunitse, ariko ubu uzi ko kwavunitse, kandi ko ugomba gushyiramo ubuvuzi kugirango ukire.  X-ray ntabwo yakemuye ikibazo, ahubwo yerekannye ikibazo kugirango ubone ubuvuzi bukwiye.

Amategeko agaragaza icyaha

Muri ubwo buryo, amategeko Icumi yatanzwe kugirango ikibazo kiri muri twe kigaragare – icyaha cyacu.  Icyaha bivuze mu byukuri ‘ kubura ’ intego Imana idutezeho n’uburyo dufata abandi, twe ubwacu n’Imana.  Bibiliya ivuga ko

2Uwiteka yarebye abantu ari mu ijuru,Kugira ngo amenye yuko harimo abanyabwenge,Bashaka Imana.3Bose barayobye, bose bandurijwe hamwe,Nta wukora ibyiza n’umwe.

Zaburi 14: 2-3

Twese dufite iki kibazo cy’icyaha kitugendamo.  Ibi birakomeye bihagije kuburyo Imana ivuga ku ‘bikorwa byiza’ ( twizera ko bizahagarika ibyaha byacu ) ko

6Nta wambaza izina ryawe, nta wibatura ngo akugundire kuko watwimye amaso, ukadutsemba uduhoye gukiranirwa kwacu.

Yesaya 64: 6

Gukiranuka kwacu mu bikorwa by’amadini cyangwa gufasha abandi ni nk’‘imyenda yanduye’ ugereranije n’ibyaha byacu.

Ariko aho kumenya ikibazo cyacu dukunda kwigereranya n’abandi (twigereranya n’amahame atari yo), duharanira cyane kubona agaciro k’amadini, cyangwa kureka no kubaho gusa kugirango twishime.  Kubw’ibyo Imana yatanze amategeko Icumi kugirango:

 20 kuko imbere yayo ari nta muntu uzatsindishirizwa n’imirimo itegetswe n’amategeko, kuko amategeko ari yo amenyekanisha icyaha.

Abaroma 3: 20

Niba dusuzumye ubuzima bwacu tukabugereranya n’amahame y’amategeko Icumi ni nko kureba X-ray yerekana ikibazo cy’imbere.  Amategeko Icumi ntabwo ‘yakosora’ ikibazo cyacu, ariko yagaragaza ikibazo neza kugirango twemere umuti Imana yatanze.  Aho gukomeza gucumura, Itegeko ridufasha kwisobanura neza.

Impano y’Imana itangirwa mu kwihana

Umuti Imana yatanze ni impano yo kubabarirwa ibyaha binyuze mu rupfu n’izuka rya Yesu Kristo.  Ni impano y’ubuzima twahawe gusa niba twizeye cyangwa twizera umurimo wa Kristo.

 16 nyamara tumenye yuko umuntu adatsindishirizwa n’imirimo itegetswe n’amategeko, ahubwo atsindishirizwa no kwizera Yesu Kristo. Dore ndetse natwe twizeye Kristo Yesu kugira ngo dutsindishirizwe no kumwizera, bitavuye ku mirimo itegetswe n’amategeko kuko ari nta muntu

Abagalatiya 2:16

Nkuko Aburahamu yari afite ishingiro imbere y’Imana natwe dushobora guhabwa gukiranuka.  Ariko bisaba ko twihana.  Kwihana bikunze kutumvikana, ariko kwihana bisobanura gusa ‘ guhindura ibitekerezo byacu ’ birimo gutandukana n’icyaha no kugarukira IMana niyompano itanga.  Nkuko Bibiliya ibisobanura:

 Ihane rero, uhindukire ku Mana, kugirango ibyaha byawe bisibangane, kugirango ibihe byo kugarura ubuyanja biva kuri Nyagasani,

Ibyakozwenintumwa 3:19

Isezerano kuri wowe nanjye nuko twihana, tukagarukira Imana, ko ibyaha byacu bitazabarwa kuri twe kandi tuzakira Ubuzima.

Amategeko Icumi muri Kalendari

Hamwe na Pasika ya mbere no kugeragezwa kwa Aburahamu bishimangira ikimenyetso cy’Imana kuri Gahunda yayo kugirango twizere ko ari Yo rwose, umunsi wihariye igihe amategeko Icumi yahawe Mose nawo werekana ukuza k’Umwuka w’Imana.  Ibirori by’ibyumweru by’Abayahudi, cyangwa Shavuot, ugenewe gutanga amategeko Icumi, nabyo bihura n’umunsi nyawo w’Ibyakozwenuntumwa 2 kuri Pentekote igihe Umwuka Wera wamanukaga.

Gutanga amategeko Icumi yerekanywe kubijyanye n’ibirori by’ibyumweru no kuza kwa Roho Mutagatifu kuri Pentekote. Ibirori by’ibyumweru, Amategeko Icumi no Kuza kw’Umwuka byose biri kumunsi umwe.

Nkuko umunsi Umwuka wera yaje kuba mu bantu bihannye waje ku munsi umwe bibuka itangwa ry’amategeko Icumi ni igisubizo cy’Imana kubibazo bya Christopher Hitchens.  Imana ishaka ‘kwitondera kurema ubwoko butandukanye’ – bumwe bwubakiye ku Mwuka wayo, kugirango tubone ubushobozi bwo kubaho ukundi.  Uguhura kw’igihe cyabyo, na none, ikimenyetso cye cyanditse kuri “gahunda” y’igihe kugirango twizeze neza ko Amategeko na Mwuka wera byombi biva ku Mana.

Ese inyandiko za Bibiliya zakwizerwa? Cyangwa zirimo amakosa?Kunegura inyandiko na Bibiliya.

Mugihe cyacu cya siyansi kandi cy’abize dukemanga byinshi mu myizerere itari siyanse ibisekuruza byahahise byari bifite.  Uku gushidikanya ni ukuri cyane cyane kuri Bibiliya.  Benshi muri twe bibaza ku kudakemangwa kwa Bibiliya.  Biterwa n’ibyo tuzi kuri Bibiliya.  Nyuma y’ibyo, Bibiliya yanditswe hashize imyaka irenga ibihumbi bibiri.  Kuri benshi muri ibyo binyejana byinshi nta binyamakuru byacapwe, imashini zifotora cyangwa amasosiyete atangaza byari bihari. Inyandiko rero zandukuwe n’intoki, uko ibisekuruza byagiye bikurikirana, igihe indimi zapfaga n’izindi nshya zikavuka, uko ingoma zahindukaga kandi ibihangange byazamukaga.  Kubera ko inyandiko zandikishijwe intoki zimaze igihe kinini zitakaye, twabwirwa n’iki ko ibyo dusoma uyu munsi muri Bibiliya aribyo abanditsi b’umwimerere banditse?  Cyangwa Bibiliya yarahinduwe cyangwa yarangiritse, wenda n’abayobozi bo mw’itorero, cyangwa abatambyi n’abihayimana bifuzaga guhindura ubutumwa bwayo kugira ngo bayihuze n’intego zabo?

Amahame ashingirwaho mu kunegura inyandiko.

Mubisanzwe iki kibazo kirahari ku byanditswe kera.  Ingengabihe ikurikira irerekana inzira n’uburyo inyandiko zose za kera zabitswe uko ibihe byagiye bisimburana.  Irerekana nk’urugero inyandiko ya kera yanditswe muri 500 mbere ya Yesu (iyi tariki yatowe ntakintu gishingiweho).  Iyi nyandiko y’umwimerere ariko ntibaho igihe cyose, mbere rero yuko ibora, izimira, cyangwa ikangirika, habanza gukorwa kopi yandikishijwe intoki (kopi ya 1).  Icyiciro cy’abantu b’inzobere bita abanditsi bakoze akazi ko gukoporora.  Uko imyaka igenda ihita, hagenda hakorwa izindi kopi zivuye kuri ya kopi (kopi ya 2 na kopi ya 3).  Igihe kimwe kopi irabikwa kugirango ibe ikiriho n’uyu munsi (kopi ya 3).  Mu rugero rwacu iyi kopi iriho yanditswe muri 500 nyuma ya Yesu.  Ibi bivuze ko uko dushobora kumenya uko inyandiko yari imeze ari kuva muri 500 nyuma ya Yesu.  Kubera iyo mpamvu, igihe cyo kuva muri 500 mbere ya Yesu kugeza 500 nyuma ya Yesu (cyanditswe nka x ku gishushanyo) ni igihe tudashobora gukora igenzura rya kopi kuva  inyandiko zose zandikishijwe intoki icyo gihe zarazimiye.  Urugero, niba gukoporora amakosa (waba ubishaka cyangwa utabishaka) byabayeho mugihe kopi ya 2 yakozwe muri kopi ya 1,

ntitwashobora kubimenya kuko nta nyandiko nimwe ihari yo kubigereranya.  Iki gihe cyabanjirije kopi ziriho ubu (igihe x) rero ni igihe umuntu atamenya neza umwimerere w’ibyanditswe.  Kubwibyo, ihame ryakoreshejwe rikemura ibibazo bijyanye no kwizerwa kw’inyandiko ni ukureba uburebure bw’iki gihe.  Uko intera iba ngufi (‘x’ ku gishushanyo) niko twita ku kubungabunga neza iyo inyandiko kugeza none, kubera ko igihe gishidikanywaho kigabanuka.

Birumvikana ko mubisanzwe kopi irenze imwe y’inyandiko ibaho uyumunsi.  Dufate ko dufite kopi ebyiri zandikishijwe intoki kandi muri buri gice kimwe tukahasanga interuro ikurikira:

Uwanditse inyandiko y’umwimerere yari yanditse kuri Yowani cyangwa kubyerekeye Johani, indi murizi nyandiko harimo ikosa ryo gukoporora.  Ikibazo ni, Ni iyihe muri izi ifite ikosa?  Uhereye ku nyandiko biragoye cyane kuyimenya.

Noneho tuvuge ko twabonye izindi kopi ebyiri zivuga bimwe, nkuko bigaragara hano:

Noneho biroroshye gukuramo inyandiko ifite ikosa.  Birashoboka cyane ko ikosa ryakozwe rimwe, aho kuba ikosa rimwe ryasubiwemo inshuro eshatu, birashoboka rero ko inyandiko # 2 ifite ikosa ryo gukoporora, kandi umwanditsi yandikaga kuri Yawani atari Yohani.

Uru rugero rworoshye rwerekana ihame rya kabiri rikoreshwa mu gusuzuma ubuziranenge bw’inyandiko – Uko inyandiko zihari ziba nyinshi, byoroshya kumenya no gukosora amakosa no gusuzuma ibikubiye mu mwimerere wayo.

Kunegura inyandiko za kera z’abagereki n’abaromani ugereranije n’Isezerano Rishya

Ubu dufite ibipimo bibiri bishingiye ku bimenyetso bikoreshwa mu kumenya ubwizerwe bw’inyandiko za kera: 1) gupima igihe kiri hagati y’ibigize umwimerere na kopi ya mbere, na 2) kubara umubare wa kopi.  Kuva ibi bipimo bijyanye n’inyandiko iyo ari yo yose ya kera dushobora gukomeza kubikoresha ku byanditswe byemewe by’amateka, nkuko bigaragara mu mbonerahamwe iri hasi ( 1 ).

UmwanditsiIgihe byandikiweKopi ya vuba cyaneIgihe yamaze#  
Caesar50 mbere ya Krisitu900 Nyuma ya Krisitu950 10
Plato350 mbere ya Krisitu900 Nyuma ya Krisitu1250 7
Aristotle*300 mbere ya Krisitu1100 Nyuma ya Krisitu1400 5
Thucydides400 mbere ya Krisitu900 Nyuma ya Krisitu1300 8
Herodotus400 mbere ya Krisitu900 Nyuma ya Krisitu1300 8
Sophocles400 mbere ya Krisitu1000 Nyuma ya Krisitu1400 100
Tacitus100 A mbere ya Krisitu1100 Nyuma ya Krisitu1000 20
Pliny100 A mbere ya Krisitu850 Nyuma ya Krisitu750 7

* uhereye ku nyandiko iyo ariyo yose.

Aba banditsi bahagarariye abanditsi bakomeye ba kera – inyandiko zagize uruhare mu iterambere ry’imibereho y’iburengerazuba.  Ugereranije, twarazwe inyandiko 10-100 zabitswe guhera ku myaka 1000 gusa nyuma yuko izumwimerere zanditswe.   Dushyingiye kuri siyansi aya makuru ashobora gufatwa nk’ikigereranyo shingiro k’ubushakashatsi bwacu kuko bugizwe n’amakuru (amateka ya kera na filozofiya) yemerwa kandi akoreshwa n’abashakashatsi na kaminuza ku isi yose.

Imbonerahamwe ikurikira igereranya inyandiko zo mu Isezerano Rishya kuri ibi bipimo (2).  Ibi bishobora gufatwa nk’amakuru y’ubushakashatsi twagereranya n’amakuru y’ibipimo, kimwe no mubushakashatsi ubwo aribwo bwose.

MSSIgihe yandikiweIgihe cya MSSIgihe yamaze
John Rylan90 Nyuma ya Krisitu130 Nyuma ya KrisituImyaka 40 
Bodmer Papyrus90 Nyuma ya Krisitu150-200 Nyuma ya KrisituImyaka 110 
Chester Beatty60 Nyuma ya Krisitu200 Nyuma ya KrisituImyaka 20 
Codex Vaticanus60-90 Nyuma ya Krisitu325 Nyuma ya KrisituImyaka 265
Codex Sinaiticus60-90 Nyuma ya Krisitu350 Nyuma ya KrisituImyaka 290

Iyi mbonerahamwe ishusho nto gusa ya zimwe mu nyandiko.  Umubare w’inyandiko zo mu Isezerano Rishya ni munini cyane ku buryo bidashoboka kuzishyira ku rutonde muri iyi mbonerahamwe.  Nkuko intiti imwe (3) imaze imyaka yiga kuri iki kibazo igira iti:

“ Dufite kopi zirenga 24000 MSS z’ibice byo mu Isezerano Rishya ziriho muri iki gihe… Ntayindi nyandiko ya kera ibaho yakwegera iyo mibare n’ubushishozi.  Mu kugereranya, ILIAD yanditswe na Homer ni iya kabiri na MSS 643 ikomeje kubaho” 

Intiti ikomeye mu nzu ndangamurage y’ubwongereza (4) ishimangira ibi:

“ Impuguke zanyuzwe nuko bafite inyandiko nyayo y’abanditsi bakuru b’Abagereki n’Abaroma … nyamara ubumenyi bwacu kubyo banditse biterwa na MSS nkeya gusa mugihe MSS z’iserano rishya zibarirwa mu… bihumbi”.

Kunegura Isezerano Rishya na Konsitantine

Kandi umubare munini w’izi nyandiko ni iza kera cyane.  Mfite igitabo kivuga ku nyandiko za mbere zo mu Isezerano Rishya.  Intangiriro yacyo igira iti:

“ Iki gitabo gitanga inyandiko 69 za mbere zo mu Isezerano Rishya zandikishijwe intoki … kuva mu ntangiriro z’ikinyejana cya 2 kugeza  ku cya 4 ( 100-300AD ) … irimo 2/3 by’inyandiko  zo mu Isezerano rishya” ( 5 )

Ibi ni ngombwa kuva izi nyandiko ari iza mbere y’umwami w’Abaroma Konsitantine ( ca 325 AD ) no kuzamuka kw’ubutegetsi bwa Kiliziya Gatolika byombi rimwe na rimwe bikaba bishinjwa guhindura inyandiko ya Bibiliya.  Dushobora rwose gusuzuma iki kibazo tugereranya inyandiko zo kuva mbere ya Konsitantine ( kubera ko tuyifite ) n’izaje nyuma.  Iyo tubikoze dusanga ari zimwe.  Ubutumwa bw’inyandiko kuva muri 200 nyuma ya Yesu ni kimwe n’izo mu 1200 nyuma ya Yesu.  Yaba Kiliziya Gatolika, cyangwa Konsitantine ntibahinduye Bibiliya.  Ntabwo ari amagambo yavuzwe n’idini, ahubwo bishingiye gusa ku makuru ya siyansi.  Igishushanyo gikurikira cyerekana igihe inyandiko zishingiye ku Isezerano Rishya rya Bibiliya zanditswe.

Ingaruka zo kunegura inyandiko za Bibiliya

None se ni uwuhe mwanzuro twafata? Mubyukuri byibuze mubyo dushobora gupima neza Isezerano Rishya ryagenzurwa kurwego rwo hejuru cyane kuruta izindi nyandiko za kera.  Icyemezo gishingiye ku bimenyetso twafata gisobanurwa neza n’ibi bikurikira ( 6 ):

“ Gushidikanya ku nyandiko zanditswe ku Isezerano Rishya ni ukwemerera ibintu byose bya kera gushirwa mu icuraburindi, nta zindi nyandiko zo mu gihe cya kera nazo zerekanwa na bibuliografiya nk’Isezerano Rishya ”

Icyo ibi bivuga nu kugirango kutabusanya, niba duhisemo gushidikanya kubudakemwa ku kubungabunga Bibiliya dukwiye kureka ibyo tuzi byose ku mateka ya kera muri rusange – kandi ibi nta b’anyamateka basobanukiwe bigeze babikora.  Tuzi ko inyandiko za Bibiliya zitahinduwe mu bihe, indimi n’ubwami byaje kandi bikagenda kuko kopi z’inyandiko zariho mbere yuko babayeho.  Nk’urugero, tuzi ko nta muyobozi w’idini wo mu kinyejana cya mbere washyizwe mu bitangaza bya Yesu muri Bibiliya, kubera ko dufite inyandiko zandikishijwe intoki zabanjirije ibyo mu kinyejana cya 5 hamwe n’ibi byandikishijwe intoki byose byabanjirije itariki nabyo birimo inkuru z’igitangaza cya Yesu.

Naho se mu guhindura Bibiliya mu zindi ndimi?

Ariko twavuga iki ku makosa yakozwe mu guhindura mu zindi ndimi, no kuba muri iki gihe hari verisiyo nyinshi zitandukanye za Bibiliya? Ibi ntibigaragaza ko bidashoboka kumenya neza ibyo abanditsi ba mbere banditse koko? 

Ubwa mbere tugomba gukuraho imyumvire ihurirwaho na benshi.  Abantu benshi batekereza ko Bibiliya uyu munsi yanyuze murukurikirane rurerure rw’intambwe zo guhindura, buri rurimi rushya ruhindurwa ruva murwarubanjirije, urukurikirane mu buryo nkubu:  Ikigereki – > Ikilatini – > Icyongereza cya kera – > Icyongereza cya Shakespeare – > Icyongereza kigezweho – > izindi ndimi zigezweho.  Mubyukuri, Bibiliya mu ndimi zose uyumunsi zahinduwe biturutse mururimi rw’umwimerere.  Ku Isezerano Rishya ubusobanuro bugenda butya: Ikigereki – > ururimi rugezweho, no mu Isezerano rya Kera ubusobanuro – > ururimi rugezweho.  Inyandiko shingiro y’ikigereki n’igiheburayo ni ibisanzwe.  Itandukaniro rero muri verisiyo ya Bibiliya rikomoka kuburyo abahanga mu by’indimi bahitamo guhindura interuro mu rurimi basemuramo.

Bitewe n’ubuvanganzo bwagutse bwa kera bwanditswe mu kigereki (ururimi rw’umwimerere rw’Isezerano Rishya), byashobokaga guhindura neza ibitekerezo by’umwimerere n’amagambo y’abanditsi ba mbere. Mubyukuri verisiyo zitandukanye zigezweho zihamya ibi. Nk’urugero, soma uyu murongo uzwi cyane muburyo busanzwe, hanyuma urabona itandukaniro rito mu magambo, ariko guhuriza ku gitekerezo n’ubusobanuro:

(Abaroma 6: 23 muri verisiyo zitandukanye)

Ushobora kubona ko nta kutumvikana hagati y’ubusemuzi – bavuga neza ikintu kimwe  bigatandukanywa gusa n’amagambo yakoreshejwe.

Mu ncamake, ntamwanya cyangwa ubusobanuro byangije ibitekerezo  byagaragaye mu nyandiko za Bibiliya byahishwe kuri twe uyu munsi.  Dushobora kumenya ko Bibiliya uyu munsi ivuga neza ibyo abanditsi banditse icyo gihe.  Ni iby’izewe.

Ni ngombwa kumenya icyo ubu bushakashatsi bugaragaza n’ibyo buterekana.  Ibi ntibigaragaza ko Bibiliya byanze bikunze ko ari Ijambo ry’Imana.  Dushobora kuvuga ko nubwo ibitekerezo by’umwimerere by’abanditsi ba Bibiliya byatugejejweho neza uyu munsi bitagaragaza cyangwa byerekana ko ibyo bitekerezo by’umwimerere byari iby’ukuri kuva mu ntangiriro ( cyangwa ngo bibe bikomoka ku Mana ).  Uko niko kuri.  Ariko gusobanukirwa buziranenge bwa Bibiliya bitanga intangiriro aho umuntu ashobora gutangira gukora iperereza kuri Bibiliya kugirango arebe niba bimwe muribi bibazo nabyo bishobora gusubizwa, no gusobanukirwa icyo ubutumwa buvuga.  Bibiliya ivuga ko ubutumwa bwayo ari umugisha uva ku Mana.  Byagenda bite niba hari amahirwe ko ibi ari ukuri?  Fata umwanya wo kwiga bimwe mu bintu by’ingenzi bya Bibiliya byasobanuwe kuri uru rubuga.  

Byakuwe muri 

1.McDowell, J. Evidence That Demands a Verdict. 1979. p. 42-48

2. Comfort, P.W. The Origin of the Bible, 1992. p. 193 

3.  McDowell, J. Evidence That Demands a Verdict. 1979. p. 40

4. Kenyon, F.G. (former director of British Museum) Our Bible and the Ancient Manuscripts. 1941 p.23

  5. Comfort, P.W. “The Text of the Earliest New Testament Greek Manuscripts”. p. 17. 2001

6. Montgomery, History and Christianity. 1971. p.29

Igihe nyacyo cya Pentekote n’imbaraga zayo..

Umunsi wa pentekote uba buri gihe ku cyumweru.  Hizihizwa umunsi udasanzwe, ariko ntabwo aribyo byabaye uwo munsi gusa ahubwo ni igihe n’impamvu byabaye byerekana ukuboko kw’Imana, n’impano ikomeye kuri wowe.

Ibyabaye kuri Pentekote

Niba warumvise ‘Pentekote’, birashoboka ko wamenye ko ari umunsi Umwuka Wera yaje kuba mu bayoboke ba Yesu.  Uyu niwo munsi Itorero, “ abatoranijwe” b’Imana, ryavutse.  Ibyabaye byanditswe mu Byakozwenintumwa igice cya 2 cya Bibiliya. Kuri uwo munsi, Umwuka w’Imana yamanutse ku bayoboke 120 ba mbere ba Yesu batangira kuvuga cyane mu ndimi zo hirya no hino ku isi.  Byateje imvururu ku buryo ibihumbi n’ibihumbi bari i Yeruzalemu icyo gihe basohotse kureba ibyabaga.  Imbere y’imbaga yari ikoraniye aho, Petero yavuze ubutumwa bwa mbere bw’ivanjiri maze ‘ibihumbi bitatu byiyongera ku mubare wabo uwo munsi ’ ( Ibyakozwenintumwa 2:41). Umubare w’abayoboke b’ivanjiri wagiye wiyongera kuva kuri icyo cyumweru cya Pentekote.

Uwo munsi wabaye nyuma y’iminsi 50 y’izuka rya Yesu. Muri iyi minsi 50 ni bwo abigishwa ba Yesu bemeye ko Yesu yazutse mu bapfuye. Ku cyumweru cya Pentekote bagiye kumugaragaro amateka arahinduka. Waba wemera izuka cyangwa utaryemera, ubuzima bwawe bwagizweho ingaruka bitewe n’ibyabaye kuri kiriya cyumweru cya Pentekote.

Uku gusobanukirwa Pentekote, nubwo ari ukuri, ntabwo bihagije.  Abantu benshi bifuza gusubiramo icyo cyumweru cya Pentekote nkuko byagenze kiriya gihe.  Kubera ko abigishwa ba mbere ba Yesu bari bafite kwihangana kubwa pentekote ‘ bategereje impano yumwuka’, uyu munsi abantu bizeye cyo kimwe  ‘bategereje’ ko azongera kuza muburyo busa.  Abantu rero basaba kandi bagategereza ko Imana izana indi Pentekote.  Gutekereza gutya bivuze ko gutegereza no gusenga ari byo byazanye Umwuka w’Imana icyo gihe. Gutekereza gutya ni bibuza kumva icyo bisobanuye – kuko Pentekote yanditswe mu Byakozwenintumwa Igice cya 2 ntabwo yariyo Pentekote ya mbere.

Pentekote yo mu Mategeko ya Mose

‘Pentekote mu byukuri yari umunsi mukuru wo mu Isezerano rya Kera. Mose (1500 mbere ya Yesu ) yari yarashyizeho iminsi mikuru myinshi igomba kwizihizwa umwaka wose. Pasika yari umunsi mukuru wa mbere w’umwaka w’Abayahudi.  Yesu yabambwe ku munsi wa Pasika. Igihe nyacyo cy’urupfu rwe kubitambo by’intama za Pasika byari bigamije kuba nk’ikimenyetso.

Umunsi mukuru wa kabiri wari umunsi mukuru w’umuganura, kandi Amategeko ya Mose yavuze ko ugomba kwizihizwa ku munsi wa nyuma wo ku wa gatandatu (= Ku cyumweru).   Yesu yazutse ku cyumweru, bityo izuka rye ryabaye neza ku munsi w’umuganura.  Kuva izuka rye ryaba k’umuganura, byari Isezerano ko izuka ryacu rizakurikiraho nyuma ( kubantu bose bamwizeye ).  Izuka rye ni ‘umuganura’, nkuko izina ry’umunsi mukuru ryahanuwe.

Nyuma y’iminsi 50 neza neza nyuma y’icyumweru cy’’Umuganura’ Abayahudi bizihije Pentekote (Pente bivuga 50. Babyitaga ibyumweru by’ibirori kuko byageraga kuri birindwi) . Abayahudi bari bamaze imyaka 1500 igihe Pentekote yo mu Byakozwenintumwa 2 bibaye.  Impamvu abantu baturutse impande zose z’isi kuri uwo umunsi wa pentekote i Yeruzalemu kumva ubutumwa bwa Petero byari kubera ko bari bashakaga  kwizihiza Pentekote yo mu Isezerano rya Kera.  Uyu munsi Abayahudi baracyizihiza Pentekote bakayita Shavuot.

Twasomye mu Isezerano rya Kera uburyo Pentekote yagombaga kwizihizwa:

 16Mubare iminsi mirongo itanu igeze ku munsi wa mbere w’isabato ya karindwi, maze muganurire Uwiteka ituro ry’umuganura wundi. 17Mu buturo bwanyu mukuremo imitsima ibiri yo kuba ituro rijungujwe, ibe iy’ibice bya cumi bibiri bya efa y’ifu y’ingezi yotsanywa umusemburo, kugira ngo iganurirwe Uwiteka.

Abalewi 23: 16-17

Igihe nyacyo cya Pentekote Ibimenyetso by’ubwenge

Hariho igihe nyacyo cya Pentekote m Byakozwenintumwa 2 kuva ibaye ku munsi umwe w’umwaka nk’uwa Pentekote yo mu Isezerano rya Kera (Ibirori by’ibyumwero).  Kuba kubambwa kwa Yesu kwarabaye kuri Pasika, izuka rya Yesu rikaba ku muganura, na Pentekote yo mu Byakozwenintumwa 2 ikaba mu minsi mikuru y’Abayahudi, yerekana ubwonko buhuza ibi binyuze mu mateka.  Mu minsi myinshi igize umwaka kuki kubambwa kwa Yesu, izuka rye, hanyuma ukuza k’Umwuka Wera byabayeho neza kuri buri munsi w’ibirori bitatu byo mu Isezerano rya Kera, keretse niba byari byarateganijwe?  Uguhuza nkuku byabaho gusa habaye hari ubwonko bubiri inyuma.

Ibyabaye mu Isezerano Rishya byabaye neza mu minsi mikuru itatu yo mu Isezerano rya Kera

Yaba Luka ‘yarahimbye’ Pentekote?

Bamwe bavuga ko Luka (umwanditsi w’Ibyakozwenintumwa) yahimbye ibyabaye mu Byakozwenintumwa 2 kugeza ku ‘ bizaba’ ku munsi mukuru wa pentekote. Noneho yaba ariwe wari inyuma yo kugena ingengabihe rero. Ariko ibi ntibivuga ukuntu Ibyakozwenintumwa 2 by‘uzuza’ umunsi mukuru wa Pentekote, ntanaho biyerekana na gato. Kubera iki yari kurinda kwigora aremekanya ibi bihe kugira ngo ‘bibe’ kuri uwo munsi ariko ntafashe umusomyi asobanukirwa uko ‘bisohoza’ umunsi mukuru wa Pentekote? Muri make, Luka yakoze umurimo mwiza wo kwandika ibyabaye aho kubisobanura kuburyo abantu benshi muri iki gihe batazi ko Pentekote ivugwa mu Byakozwenintumwa 2 yabaye neza neza ku munsi wa Pentekote yo mu isezerano rya kera. Abantu benshi batekereza ko Pentekote yatangiye gusa mu Byakozwenitnumwa 2. Kubera ko abantu benshi muri iki gihe batazi isano iri hagati yabyo, Luka ntashobora kuba yaba umuhanga wo guhimba iryo isano ariko akaba atari no gushobora na gato kuyigurisha.

Pentekote: Imbaraga nshya.

Ahubwo, Luka atwereka ubuhanuzi bwo mu gitabo cyo mu Isezerano rya Kera rya Yoweli avuga ko umunsi umwe Umwuka w’Imana azisuka ku bantu bose.  Pentekote yo mu Ibyakozwenintumwa 2 yashohoje ibyo.

Impamvu imwe ituma Ivanjili ari ‘ubutumwa bwiza’ nuko butanga imbaraga zo kubaho mu buzima butandukanye – bwiza. Ubuzima ubu ni ubumwe hagati y’Imana n’abantu. Kandi ubu bumwe bubaho mu kubana n’Umwuka w’Imana – watangiriye ku cyumweru cya Pentekote cyo mu Byakozwenintumwa 2.  Ubutumwa bwiza nuko ubu ubuzima bushobora kubaho ku rwego rutandukanye, mu kugirana umubano n’Imana binyuze mu Mwuka wayo. Bibiliya ibivuga gutya:

 

 13Ariko amara n’ibinyita abyoze, maze umutambyi abitambe, byose abyosereze ku gicaniro. Icyo ni igitambo cyoswa kitagabanije gikongorwa n’umuriro, cy’umubabwe uhumurira Uwiteka neza.14“Kandi natambira Uwiteka igitambo cyo koswa kitagabanije cy’inyoni, atambe intungura cyangwa ibyana by’inuma.

Abefeso 1: 13-14

11 Ariko niba Umwuka w’Iyazuye Yesu aba muri mwe, Iyazuye Kristo Yesu izazura n’imibiri yanyu ipfa ku bw’Umwuka wayo uba muri mwe.

Abaroma 8:11

 23 ariko si byo bisa, ahubwo natwe abafite umuganura w’Umwuka, natwe tunihira mu mitima yacu dutegereza guhindurwa abana b’Imana, ari ko gucungurwa kw’imibiri yacu, 

Abaroma 8:23

Umwuka wera w’Imana ni undi muganura kuko Umwuka ni umuhanuzi – ingwate – yo kurangiza guhinduka ‘abana b’Imana’ kwacu.

Ubutumwa bwiza butanga ubuzima bwuzuye bitanyuze mu bintu, kwishimisha, imiterere, ubutunzi n’ibindi byose byo kuri iyi si, aribyo Salomo yasanze ari ibintu byinshi by’ubusa, ahubwo binyuze mu kubana n’Umwuka w’Imana.  Niba ibi ari ukuri –ko Imana iduha kubana nayo kandi ikadukomeza – byaba inkuru nziza.  Pentekote yo mu Isezerano rya Kera hamwe no kwizihiza umugati mwiza watetswe n’umusemburo ushushanya ubu buzima bwuzuye.  Ubusobanuro buri hagati ya Pentekote ya Kera n’i Nshya ni ibimenyetso bifatika byerekana ko Imana ari yo iri inyuma yibi bintu n’imbaraga z’ubuzima bwuzuye.

Ihurizo rya Zaburi 22 :Ubuhanuzi..

Mu myaka mike ishize, mugenzi wanjye dukorana, J, yaje ku meza yanjye. J yari umunyabwenge kandi wize – kandi rwose ntabwo yari umuyoboke w’ubutumwa bwiza.  Ariko yari afite amatsiko ku buryo twagize ibiganiro bihambaye kandi bifunguye hagati yacu. Ntabwo yari yarigeze asoma Bibiliya ku buryo namushishikarije kubikora.

Umunsi umwe yinjiye mu biro byanjye afite Bibiliya yerekana ko arimo kuyisoma. Yari yanayifunguye hagati ku bushake bwe. Namubajije icyo asoma. Ikiganiro cyacu cyarakomeje.

Agira ati“ Ndimo ndasoma muri Zaburi igice cya 22 ”, 

Ndamusibiza nti“Mubyukuri”. “Igitekerezo icyo aricyo cyose, ugomba kugisoma?”

J yarashubije ati “Ndakeka ko ndimo gusoma kubyerekeye kubambwa kwa Yesu”.

Nuko ndaseka nti“Ndakekako ibyo ari byiza”. “Ariko uri mu myaka ya cyera cyane. Zaburi ya 22 yanditswe na Dawidi ahagana mu myaka 1000 mbere ya Yesu. Kubambwa kwa Yesu byari muri za 30 mu gihe cya Krisitu. nyuma y’imyaka igihumbi”

J ntabwo yamenye ko Zaburi itari inkuru z’ubutumwa bwiza bwa Yesu, ubuzima bwe bwanditswe nabamubanjirije.  Zaburi yari indirimbo zera z’igiheburayo zanditswe imyaka 1000 mbere ya Yesu.  J yari yarumvise inkuru zimwe zerekeye kuri Yesu, harimo kubambwa kwe, rero yafunguye Bibiliya ye ku bushake, asoma ibisa nkaho bisobanura ku kubambwa. Ntiyari abizi neza, gusa yatekereje ko ari inkuru yo kubambwa yibukwa ku isi hose buri mwaka kubyo bita uwagatanu mutagatifu.  Twari dufite akajagari, ku ntambwe ye ya mbere yibeshya mu gusoma Bibiliya.

Zaburi ni indirimbo za kera z’igiheburayo kandi zanditswe na David mu myaka 3000 ishize.

Hanyuma nabajije J ibyo yabonye muri Zaburi 22 bituma atekereza gusoma kubyerekeye ku kubambwa kwa Yesu. Rero twatangiye ukwiga kwacu. Ndagushishikariza ngo utekereze kuri bimwe bisa nibyo J yabonye usuzume izi nkuru. 

Kugereranya inkuru z’ubutumwa bwiza bwo kubambwa hamwe n’ibisobanuro birambuye bya Zaburi ya 22

Ibisobanuro byo kubambwa  birambuye byanditswe n’ababyiboneye mu ivanjiri 

(Matayo 27: 31-48) ..Nuko baramujyana (Yesu) kugirango bamubambe…. 39 Abahisi bose bamutuka, bazunguza imitwe…… 40 bagira bati: “ …ngaho ikize! Manuka uve ku musaraba, niba uri Umwana w’Imana koko! ” …..41 Muri ubwo buryo, abatambyi bakuru, abigisha b’amategeko n’abakuru baramukwena. …..42 Bagira bati: “ Yakijije abandi, ” “ ariko ntashobora kwikiza! Ngo ni umwami wa Isiraheli! Ngaho namanuke nonaha ave kumusaraba tuzamwemera. ….43 Yizera Imana, Ngaho Imana nimukize nonaha niba imushaka,…Ahagana ku isaha ya cyenda, Yesu yararize…”Mana yanjye, Mana yanjye, Kuki wantaye?” …48 Ako kanya umwe muri bo ariruka afata icyangwe akivika muri vino irura, ayiha Yesu ngo ayinywe. (Mariko 15: 16-20) ….16 Abasirikare bajyana Yesu…bamwambika igishura gisa n’gitukura, hanyuma baboha ikamba ry’amahwa barimushyira ku mutwe. ….18 Nuko batangira kumuhamagara, “Urakarama, mwami w’Abayahudi!” ….19 Nuko bakomeza bamukubitisha inkoni ku mutwe bamucira amacandwe. Bagatera ivi, bamushungera. ….20 Mu gihe bamushinyaguriraga, bamukuyemo ya kanzu, bongera kumwambika imyenda ye. Hanyuma bamujyana kumubamba … 37 Ataka cyane, Yesu ahumeka umwuka we wanyuma. (Yohana 19: 34) ntibamuvunnye amaguru …, ahubwo bacumise icumu mu rubavu rwa Yesu, havamo amaraso n’amazi atunguranye …. baramubambye … (Yohana 20:25) [ Tomasi ] keretse mbonye ibimenyetso by’imisumari mu biganza bye, … “… (Yohana20: 23-24 ) Igihe abasirikare babambaga Yesu, batwaye imyendaye, bayigabanyamo imigabane ine, buri wese afatamo umugabane umwe, mu gashwange kasigaye… baravuga bati “:Ntituwushwanyaguze , ” reka ahubwo dukine urusimbi turebe uri buwuhabwe”… 

Zaburi 22: 1000 mbere ya Yesu

“…1 Mana yanjye, Mana yanjye, kuki wantaye?

Kuki uri kure cyane yo kunkiza,

kugeza ubu gutaka kwanjye kw’akababaro?

2 Mana yanjye, ndarira ku manywa, ariko ntusubize, nkarira mu ijoro, ariko sinsinzire … 7 Abahisi bose barankwena;

bantuka ibitutsi, bazunguza imitwe.

8 bagira bati, “ Ngo Yizeye Uwiteka, ” 

“ reka noneho Uwiteka amukize.

Reka imuvane muri aka kaga,

niba amwishimira koko. ”9 Nyamara wankuye mu nda;

wanteye kukwizera, ndetse no ku ibere rya mama.

10 Kuva mwivuka nanaye uwawe;

kuva munda ya mama wabaye Imana yanjye.11 Ntukabe kure yanjye,

kuko nugarijwe n’ibibazo

kandi ntamuntu numwe wamfasha.12 Ibimasa byinshi byica birankikije;

ibimasa bikomeye bya “Bashani” biranzengurutse.

13 Intare zitontoma zishwanyaguza umuhigo

Zifungura akanwa kazo zishaka kumira.

14 Nasutswe nk’amazi,

kandi amagufwa yanjye yose ntaho agihurira.

Umutima wanjye wahindutse ibishashara;

washongeye muri njye.

15 Umunwa wanjye wumye nk’urujyo,

ururimi rwafatanye n’igisenge cy’umunwa wanjye;

wanshyize mu mukungugu w’urupfu.16 Imbwa zirankubakubye,

igitero cy’abagome kirankikije;

batobagura amaboko n’ibirenge byanjye.

17 Amagufwa yanjye yose ari kugahinga;

Rubanda rwose ruramwaza kandi bankina ku mubyimba.

18 Bigabagabanyije umwenda wanjye ,batangira kuwukinamo

urusimbi.

Kuba J yafashe umwanzuro wumvikana ariko utari wo ko Zaburi ya 22 yari inkuru mbamo yo kubambwa ku wa gatanu mutagatifu, biigomba gutuma twibaza ikibazo.

Ni gute dushobora gusobanura isano iri hagati yo kubambwa na Zaburi ya 22?

Byaba ari impanuka ko ibyavuzwe bihuye neza kuburyo harimo ko imyenda yagabanywe ( imyenda y’agaciro yaciwemo ibice kandi ikagabanywa abasirikare ) Kandi igakinirwaho urusimbi (mu kumara gushwanyaguzwa imyenda bari guhita bayikiniraho urusimbi ). Zaburi ya 22 yanditswe mbere y’uko kubambwa bivumburwa ariko iracyasobanura ibisobanuro byayo bitandukanye (gutobora amaboko n’ibirenge, amagufwa akaba adahujwe – mu kurambarara uwari gushinyagurirwa yaramanitswe ). Byongeye kandi, Ubutumwa bwiza bwa Yohana buvuga ko amaraso n’amazi byatembaga igihe icumu ryacumitwaga mu rubavu rwa Yesu, byerekana ko amazi yari yuzuye mu mutima.  Yesu rero yapfuye azize indwara y’umutima.  Ibi bihuye n’ibisobaniura bya Zaburi ya 22 ‘umutima wanjye wahindutse ibishashara ’.

Zaburi ya 22 yanditswe nkaho kubambwa kwa Yesu byari birimo kuba.  Ariko ni gute, kuko yahimbwe mbere y’imyaka 1000?

Ibisobanuro byahumetwe n’Imana bya Zaburi 22

Yesu, mu Mavanjiri, yavuze ko ibyo bisa nk’ubuhanuzi. Imana yahumekeye abahanuzi bo mu Isezerano rya Kera imyaka amagana mbere y’ubuzima bwa Yesu mu guhanura amakuru arambuye ku buzima bwe n’urupfu rwe kugira ngo tumenye ko ibyo byose byari muri gahunda y’Imana. Gusohora k’ubuhanuzi byaba ari nko kwemeza umukono w’Imana kuri ibi byabaye kuwa gatanu mutagatifu kuko nta muntu numwe washoboraga kubona ejo hazaza mu buryo burambuye.  Ibi ni ibimenyetso byerekana umurimo w’Imana no kwigaragaza mu mateka.

Ibisobanuro Kamere bya Zaburi 22

Abandi bavuga ko ibisa na Zaburi 22 hamwe n’ibyabaye mu kubambwa  ku wa gatanu mutagatifu ari ukubera ko abanditsi b’Ubutumwa Bwiza bahimbye ibyabaye kugira ngo bihure  n’ubuhanuzi.  Ariko ibi bisobanuro byirengagije rwose ubuhamya bw’amateka kuva icyo gihe hanze ya Bibiliya.  Josephus na Tacitus batubwira ko:

“Muri iki gihe hari umunyabwenge … Yesu. … mwiza, kandi w’imico myiza. Abantu benshi baturutse mu Bayahudi no mu bindi bihugu babaye abigishwa be. Pilato yamuciriyeho kubambwa no gupfa.” (Josephus. 90AD. Ibihe bya kera xviii. 33 Josephus yari Umuhanga mu by’amateka w’Abayahudi)

“Christus, nyiri iryo zina, yishwe na Pontius Pilato, umushinjacyaha wa Yudeya ku ngoma ya Tiberiyo ” ( Tacitus. 117 nyuma ya Yesu. Annals XV. 44.  Tacitus yari Umuhanga mu by’amateka y’Abaroma)

Ubuhamya bwabo bw’amateka bwemeranya n’ivanjili ko Yesu yabambwe. Ibi ni ngombwa kuko byinshi mubisobanuro birambuye biri muri Zaburi ya 22 ni umwihariko w’ibikorwa byo kubambwa. Niba abanditsi b’ivanjiri barashakaga guhimba ibyabaye kugirango bibe ‘ bikwiranye ’ na Zaburi  22 noneho bagombaga ahanini guhimba kubambwa kose.  Nyamara nta muntu n’umwe kuva icyo gihe wahakanye ko yabambwe, kandi umuhanga mu by’amateka w’Abayahudi Josephus avuga yeruye ko ariko yishwe.

Zaburi ya 22 n’umurage wa Yesu

Na none, Zaburi 22 ntabwo irangirira ku murongo wa 18 nkuko byavuzwe haruguru. Irakomeza. Reba ibyisjmo by’intsinzi kumpera – nyuma yuko umuntu apfuye!

26Kuri wowe ni ho gushima kwanjye guturuka,Ngushimira mu iteraniro ryinshi,Nzaguhigurira umuhigo wanjye mu maso y’abakubaha.27Abanyamubabaro bazarya bahage,Abashaka Uwiteka bazamushima,Imitima yanyu irame iteka ryose.28Abo ku mpera yose y’isi bazibuka bahindukirire Uwiteka,Amoko yose yo mu mahanga azasengera imbere yawe.29Kuko ubwami ari ubw’Uwiteka,Kandi ari we mutegetsi w’amahanga.30Abakomeye bo mu isi bose bazarya baramye,Kandi abamanuka bajya mu mukungugu bazunama imbere ye,Umuntu wese utabasha gukiza ubugingo bwe gupfa.31Abuzukuruza bazamukorera,Ubuvivi buzabaho buzabwirwa iby’Umwami Imana.

Zaburi 22: 26-31

Ibi ntabwo bivuga ibisobanuro birambuye ku byabaye ku rupfu rw’uyu muntu. Ibyo bisobanuro byavuzweho mu ntangiriro ya Zaburi. Zaburi ubu irimo iragaragaza umurage w’urupfu rw’uwo muntu hamwe na  ‘ n’ahazaza ’ n ‘ ibisekuruza bizaza ’ ( v.30 ).

Uwo yari kuba nde?

Nitwe dutuye isi nyuma y’imyaka 2000 Yesu amaze kubambwa.  Zaburi itubwira ko ‘ahazaza’ hakurikira uwatobowe wapfuye urupfu rw’agashinyaguro rwari kuba inkuru nziza izavuga kuri we.  Umurongo wa 27 uhanura imiterere y’ingaruka – ugana ku ‘impera yisi ’ no mu‘ miryango yose y’ibihugu ’ izatuma bahindukirira ‘ Uwiteka’.  Umurongo wa 29 urahanura ko ‘abo badashobora kwibeshaho’ (kuva twese dupfa bivuze ko ari twese ) umunsi umwe bazapfukama imbere ye. Gukiranuka kw’uyu mugabo kuzamenyeshwa abantu batarabaho (‘n’abataravuka’) mugihe yapfaga.

Umwanzuro wa Zaburi 22 ntaho uhuriye no kumenya niba ibyanditswe mu ivanjili ariho byavuye cyangwa niba ibambwa ryarahimbwe kubera ko rizakoreshwa mu gihe kizaza – aricyo gihe cyacu. Abanditsi b’ubutumwa bwiza, babayeho mu kinyejana cya 1 ntibashoboraga ‘guhimba ’ ingaruka z’urupfu rwa Yesu kugeza ku gihe cyacu.  Ntabwo bari bazi ibizaba.

Umuntu ntashobora guhanura neza umurage wa Yesu kuruta Zaburi ya 22. Ndetse no muburyo bworoshye iyo urebye ibirori ngarukamwaka ku isi ku wa gatanu mutagatifu bitwibutsa ubuhangange bwe ku isi nyuma y’imyaka ibihumbi bibiri apfuye.  Ibi bisohoza umwanzuro wa Zaburi 22 nkuko neza neza  imirongo yabanjirije yahanuye ibisobanuro birambuye by’urupfu rwe.

Ninde wundi mu mateka y’isi ushobora kuvuga ko ibisobanuro birambuye by’urupfu rwe kimwe n’umurage w’ubuzima bwe mu gihe kizaza byahanuwe imyaka 1000 mbere y’uko abaho?

Ahari, nk’inshuti yanjye J, uzabona amahirwe yo gutekereza kuri Zaburi 22 ukurikije kubambwa kwa Yesu. Bisaba kubitekerezaho. Ariko birakwiye kuko umugabo wahanuwe na Zaburi 22 yaramuhanuye:

Naje kugira ngo bashobore kugira ubugingo kandi bw’ukuri bwuzuye

Yohana 10:10

Dore inkuru yose y’ivanjiri yo  ku wa gatanu mutagatifu yahanuwe na Zaburi 22 kandi hano impano yayo irasobanuwe.

Nigute amakuru arambuye y’urupfu rwa Kristo yahanuwe??

Kwicwa kwa Kristo kwahanuwe birambuye n’abahanuzi bo mu Isezerano rya Kera.

Mu nyandiko yacu iheruka twabonye ko Daniyeli yahanuye ko ‘ Kristo ’ yarikuba ‘ yirishwe ’ nyuma yicyiciro runaka cyimyaka. Uku guhanura kwa Daniyeli kwasohojwe mu mpanda yo kwinjira kwa Yesu muriYeruzalemu – yagaragajwe nka Kristo wa Isiraheli – nyuma yiminsi 173 880 nyuma y’itegeko ry’Ubuperesi rigarurira Yeruzalemu. Imvugo ‘ Gukurwaho ’ yerekanaga amashusho ya Yesaya yo gushibuka kwi ishami hejuru y’igishyitsi bisa nkaho cyapfuye. Ariko yashakaga kuvuga iki?

Yesaya yerekanwa mugihe cyamateka. Yabayeho mugihe cyamategeko ya Davidic Kings

Yesaya yari yaranditse kandi ubundi buhanuzi mu gitabo cye, akoresheje izindi nsanganyamatsiko zitandukanye n’iz’ishami. Imwe mu nsanganyamatsiko nkiyi yari yerekeranye n’Umugaragu uza. Ninde wari ‘ Umugaragu’? Yaragiye kuza gukora iki? Turareba igice kimwe kirekire muburyo burambuye. 

Umugaragu Uzaza. Igice cyuzuye kiva muri Yesaya 52: 13-53: 12

 13Dore Umugaragu wanjye azakora iby’ubwenge asumbe abandi, azashyirwa hejuru akomere cyane. 14Nk’uko benshi bamutangariraga kuko mu maso he hononekaye ntihase n’ah’umuntu, n’ishusho ye yononekaye ntise n’iy’abana b’abantu, 15 uko ni ko azaminjagira amahanga menshi, abami bazumirirwa imbere ye kuko bazabona icyo batabwiwe, n’icyo batumvise bazakimenya.

Yesaya 52: 13-15

Turabizi ko uyu Mugaragu yari umuntu, kuko Yesaya yerekeza ku mugaragu w’umugabo’, kandi asobanura by’umwihariko ibyari kuzaba ejo hazaza ( uhereye ku mvugo ‘ azakora .. ’, ‘ azasingizwa… ’ n’ibindi), ubu rero ni ubuhanuzi bweruye. Ariko ubuhanuzi bwari bumeze bute?

Igihe abatambyi b’Abayahudi batangaga ibitambo ku b’Isiraheli, babaminjagiyeho amaraso mu gitambo – bagereranya ko ibyaha byabo byari bitwikiriye kandi ko bitabakorerwa. Ariko hano ivuga ko umugaragu azaminjagira ‘ ibihugu byinshi ’, Yesaya rero avuga ko muburyo busa uyu Mugaragu nawe azatanga abatari Abayahudi kubw’ibyaha byabo nkuko abatambyi bo mu Isezerano rya Kera babikoreye abasenga b’Abayahudi. Ibi birasa no guhanura kwa Zakariya ko Ishami ryaba umutambyi, rihuza inshingano z’Umwami n’umutambyi, kubera ko abatambyi bonyine ari bo bashoboraga kumena amaraso. Ubu buryo bw ‘ ibihugu byinshi ’ bikurikiza ayo masezerano y’amateka kandi yemejwe yatanzwe mbere ya Aburahamu, ko ‘ ibihugu byose ’ bizahabwa imigisha binyuze mu rubyaro rwe.

Ariko mu kuyaminjagira, ibihugu byinshi cyane ‘ kugaragara ’ na ‘ foromire ’ y’umukozi biteganijwe ko izaba ‘ yahinduwe ’ na ‘ yashyingiwe ’. Kandi nubwo bidasobanutse neza icyo Umugaragu azakora, umunsi umwe ibihugu ‘ bizasobanukirwa ’.

1  Ni nde wizeye ibyo twumvise, kandi ukuboko k’Uwiteka kwahishuriwe nde? 2Kuko yakuriye imbere ye nk’ikigejigeji, nk’igishyitsi cyumburira mu butaka bwumye, ntiyari afite ishusho nziza cyangwa igikundiro, kandi ubwo twamubonaga ntiyari afite ubwiza bwatuma tumwifuza. 3Yarasuzugurwaga akangwa n’abantu, yari umunyamibabaro wamenyereye intimba, yasuzugurwaga nk’umuntu abandi bima amaso natwe ntitumwubahe.

Yesaya 53: 1-3

Nubwo Umugaragu yari kugenda ibihugu byinshi,  ‘yarigusuzurwa ’ no‘ guhakanwa ’, no  kubabazwa ’ kandi ‘ amenyereye ububabare ’.

 Ni ukuri intimba zacu ni zo yishyizeho, imibabaro yacu ni yo yikoreye, ariko twebweho twamutekereje nk’uwakubiswe n’Imana agacumitwa na yo, agahetamishwa n’imibabaro. 5 Nyamara ibicumuro byacu ni byo yacumitiwe, yashenjaguriwe gukiranirwa kwacu, igihano kiduhesha amahoro cyari kuri we, kandi imibyimba ye ni yo adukirisha

Yesaya 53: 4-5

Umugaragu azafata ‘ ububabare bwacu ’. Uyu mugaragu kandi azaba ‘ gutoborwa ’ no ‘ kubambwa ’ nk’igihano’. Iki gihano kizatuzanira (abo mu bihugu byinshi ) ‘ amahoro ’ no gukira.

Ibi nanditse kuwa gatanu mutagatifu. Isi kimwe n’amasoko ya Bibiliya atubwira ko kuri uyu munsi hashize imyaka 2000 ( ariko na 700 + nyuma y’imyaka Yesaya yanditse ubu buhanuzi ) Yesu yabambwe. Mu gukora ko yatoboye rwose, kubera ko Yesaya yahanuye ko Umukozi azatoborwa, bakoresheje imisumari yo kubambwa.

 6 Twese twayobye nk’intama zizimiye, twese twabaye intatane, Uwiteka amushyiraho gukiranirwa kwacu twese.

Yesaya 53: 6

Twabonye ko kwangirika ari … ukubura intego, ko ibisobanuro bya Bibiliya by’icyaha ari ‘ kubura intego yagenwe ’. Nk’umwambi wunamye tujya muri ‘ inzira y’isi ’.  Uyu Mugaragu azatwara icyo cyaha kimwe ( ubunini ) twazanye.

  Yararenganye ariko yicisha bugufi, ntiyabumbura akanwa ke amera nk’umwana w’intama bajyana kubaga, cyangwa nk’uko intama icecekera imbere y’abayikemura, ni ko atabumbuye akanwa ke.

Yesaya 53: 7

Umugaragu azaba nk’intama ijyanwa ‘ kwicwa ’. Ariko ntazamagana cyangwa ngo ‘ afungure umunwa ’. Twabonye mu kimenyetso cya Aburahamu ko impfizi y’intama yasimbuye umuhungu wa Aburahamu. Iyo mpfizi – umwana w’intama – yarishwe. Kandi Yesu yiciwe ahantu hamwe (Mount Moriya = Yerusalemu ). Twabonye muri Pasika ko umwana w’intama yiciwe kuri Pasika – na Yesu na we yiciwe kuri Pasika.

  8Guhemurwa no gucirwa ho iteka ni byo byamukujeho. Mu b’igihe cye ni nde witayeho ko yakuwe mu isi y’abazima, akaba yarakubitiwe ibicumuro by’ubwoko bwe?

Yesaya 53: 8

Uyu mugaragu ‘yari gukurwa’ kw’isi y’abazima ’. Iri ni ryo jambo Daniyeli yakoresheje igihe yahanuraya ibizaba kuri Kristo amaze gushyikirizwa Isiraheli nka Mesiya wabo. Yesaya yarahanuye mu buryo burambuye ko ‘gukurwaho’ bisobanura ‘ kuva mu gihugu cy’abazima ’ – ni ukuvuga urupfu!  Rero, kuri uriya wa gatanu uteye ubwoba Yesu yapfuyeho, mubyukuri ‘ yaciwe mugihugu cy’abazima ’, nyuma y’iminsi mike gusa yerekanwe nka Mesiya mu marembo mu mpanda y’ibyishimo.

Bategetse ko ahambanwa n’abanyabyaha, yari kumwe n’umutunzi mu rupfu rwe nubwo atagiraga urugomo, kandi ntagire uburyarya mu kanwa ke.

Yesaya 53: 9

Nubwo Yesu yishwe nk’umugizi wa nabi (‘bamwicanye n’ababi ’), abanditsi b’ivanjiri batubwira ko umukire w’umuyobozi Sanhedrin, Yozefu wa Arimathea, yafashe umurambo wa Yesu amushyingura mu mva ye (Matayo 27:60). Yesu yashohoje impande zombi zo guhanura nubwo yari ‘ yahawe imva y’ababi ’, yari ‘ hamwe n’abakire mu rupfu rwe ’.

Ariko Uwiteka yashimye kumushenjagura, yaramubabaje. Ubwo ubugingo bwe buzitamba ho igitambo cyo gukuraho ibyaha, azabona urubyaro, azarama, ibyo Uwiteka ashaka bizasohozwa neza n’ukuboko kwe. 

Yesaya 53: 10

Uru rupfu rwose rw’ubugome ntabwo rwabaye impanuka iteye ubwoba cyangwa ibyago. Byari byeruye “ ubushake bw’Uwiteka ” kumujanjagura. Ariko kubera iki? Nkuko intama ziri muri Mose ’ sisiteme yo gutamba yari itangwa ry’icyaha kugirango umuntu utanga igitambo ashobore gufatwa nabi, hano ‘ ubuzima ’ bw’uyu mugaragi nabwo ni ‘ gutanga icyaha ’. Ni icyaha ki? Urebye neza ko ‘ ibihugu byinshi ’ byaba ‘ byatewe ’, n’icyaha cy’abaturage mu bihugu ‘ ibihugu byinshi ’. Abo ‘ bose ’ bafite ‘ bahindutse ’ cyangwa ‘ barayobye ’. Yesaya arakuvugaho nanjye.

1Azabona ibituruka mu bise by’ubugingo bwe bimwishimishe, bimuhaze. Umugaragu wanjye ukiranuka azatuma benshi baheshwa gukiranuka no kumenya, kandi azīshyiraho gukiranirwa kwabo. 

Yesaya 53:11

Nubwo igice cy’umugaragu giteye ubwoba, hano gihindura amajwi kandi gihinduka ibyiringiro cyane ndetse no gutsinda. Nyuma yiyi mibabaro iteye ubwoba ( yo kuba ‘ uciwe mugihugu cyabazima ’ hanyuma ushyirwaho ‘ imva ’ ), uyu Mugaragu azabona ‘ umucyo wubuzima ’. Azagaruka mubuzima?! Narebye ikibazo cy’izuka. Hano byarahanuwe. 

Kandi muri ibyo rero ‘ kugenzura urumuri rwubuzima ’ uyu garagu aza ‘ ahindura ’ benshi. Kuri ‘ gutsindishiriza ’ ni kimwe no gutanga ‘ gukiranuka ’. Wibuke ko Aburahamu yari ‘ yashimiwe ’ cyangwa yatanzwe ‘ gukiranuka ’. Muburyo busa uyu Mugaragu azasobanura, cyangwa inguzanyo, gukiranuka kuri ‘ benshi ’.

Ni cyo gituma nzamugabanya umugabane n’abakomeye, azagabana iminyago n’abanyamaboko, kuko yasutse ubugingo bwe akageza ku gupfa akabaranwa n’abagome, ariko ubwe yishyizeho ibyaha bya benshi kandi asabira abagome.

Yesaya 53: 12

Igice cy’umugaragu cyerekana cyane cyane kubambwa no kuzuka kwa Yesu ku buryo bamwe mu banegura bavuga ko inkuru z’ubutumwa bwiza zakozwe cyane cyane kuriwe ‘zikwiranye ’ n’iki gice cy’umugaragu. Ariko mu mwanzuro we Yesaya ahakanya abo banegura. Umwanzuro ntabwo ari uguhanura kubambwa no kuzuka nk’ibyo, ahubwo ni ingaruka z’urupfu nyuma y’imyaka myinshi nyuma yarwo. Yesaya ahanura iki? Uyu Mugaragu, nubwo azapfa nk’umugizi wa nabi, umunsi umwe azaba umwe ‘ ukomeye ’. Abanditsi b’ivanjili ntibashobora gukora iki gice ‘ gikwiranye ’n’ inkuru y’ubutumwa bwiza, kubera ko amavanjiri yanditswe nyuma y’imyaka mike nyuma yo kubambwa kwa Yesu ’  – mu gihe ingaruka z’urupfu rwa Yesu ’ zari zikiri gushidikanywaho.  Imbere y’isi, Yesu yari akiri umuyobozi wishwe w’umuco wanze igihe amavanjiri yandikwaga.  Dusubiye inyuma y’imyaka 2000 turebe ingaruka z’urupfu rwe kandi tumenye uburyo binyuze mu mateka ibi byamuteye ‘ ubuhangange ’. Abanditsi b’ivanjili ntibashoboraga kubona ibyo. Ariko Yesaya yarabikoze. Umugaragu, uzwi kandi ku izina rya Ishami, binyuze mu gitambo cye ku bushake bazatangira kumwiyegereza – kumusenga ndetse – nkuko Yesu yabihanuye igihe yiyise ‘ Mwene Umuntu ’ mu rubanza rwe mbere y’abacamanza (Sanhedrin).

Ishami: Gushibuka mu gihe cyiza cyo … ‘gucibwa.

Twagiye dushakisha insanganyamatsiko ku ishami mu buhanuzi bwo mu Isezerano rya Kera. Twabonye ko Yeremiya muri 600 mbere ya Yesu yakomeje iyo nsanganyamatsiko (Yesaya yatangiye imyaka 150 mbere ye) atangaza ko iri shami rizaba Umwami. Mbere twabonye ko Zakariya, yakurikije ibyo Yeremiya yahanuye ko iri shami rizitwa Yesu kandi ko yari kuzahuza inshingano z’ubwami n’ubutambyi – ikintu kitigeze kibaho mbere mu mateka ya Isiraheli.

Igisigo cya Daniyeli ku kuza k’uwasizwe

Noneho kuri Daniyeli. Yabaga mu buhungiro bwa Babiloni, aba umuyobozi ukomeye muri guverinoma ya Babiloni n’Ubuperesi – n’umuhanuzi w’umuyahudi.

Daniyeli yerekanwe mu ngengabihe hamwe n’abandi bahanuzi bo mu Isezerano rya Kera 

Mu gitabo cye, Daniyeli yakiriye ubutumwa bukurikira:

 21 ngikomeje gusenga umugabo Gaburiyeli nabonaga ngitangira kwerekwa aratumwa, maze aragaruka aza n’ingoga igihe cyo gutamba igitambo cya nimugoroba cyendaga kugera, ankoraho. 22Arambwira anyigisha ati “Daniyeli, ubu nzanywe no kungura ubwenge bwawe. 23Ugitangira kwinginga haje ijambo, kandi nzanywe no kurikubwira kuko ukundwa cyane. Nuko iryo jambo uritekereze cyane, umenye n’ibyo weretswe.24“Ibyumweru mirongo irindwi bitegekewe ubwoko bwawe n’umurwa wera, kugira ngo ibicumuro bicibwe n’ibyaha bishire, no gukiranirwa gutangirwe impongano haze gukiranuka kw’iteka, ibyerekanywe n’ibyahanuwe bifatanishwe ikimenyetso, ahera cyane hasigwe amavuta. 25Nuko ubimenye, ubyitegereze yuko uhereye igihe bazategekera kubaka i Yerusalemu bayisana kugeza kuri Mesiya Umutware hazabaho ibyumweru birindwi, maze habeho ibindi byumweru mirongo itandatu na bibiri bahubake basubizeho imiharuro n’impavu, ndetse bizakorwa mu bihe biruhije. 26Ibyo byumweru uko ari mirongo itandatu na bibiri nibishira Mesiya azakurwaho, kandi nta cyo azaba asigaranye. Maze abantu b’umutware uzaza bazarimbure umurwa n’ubuturo bwera, uwo iherezo rye rizaba nk’utembanywe n’umwuzure w’amazi, intambara n’ibyago bizarinda bigeza bitegetsweimperuka. Ni

koDaniyeli 9: 21 – 26a

Ubu ni ubuhanuzi bw’ ‘Uwasizwe’ (= Kristo = Mesiya ) hahanurwa igihe azazira. Byari gutangirana n’isezerano ryo ‘gusana no kubaka Yeruzalemu. Nubwo Daniyeli yahawe kandi yandika ubu butumwa (muri 537 mbere y’igihe cya Kristu ) ntabwo yari akiriho kugirango abone intangiriro yo gusohoza kwabyo.

Iteka ryo gusana Yeruzalemu

Ariko Nehemiya, hafi imyaka ijana nyuma ya Daniyeli, yabonye ibi bisohora. Yanditse mu gitabo cye ko

 

1Umunsi umwe wo mu kwezi kwitwa Nisani mu mwaka wa makumyabiri wo ku ngoma y’Umwami Aritazeruzi, vino yari iteretse imbere y’umwami, maze nenda vino nyihereza umwami. Kandi mbere hose sinagiraga umubabaro imbere ye. 2Umwami arambaza ati “Ni iki gitumye ugaragaza umubabaro kandi utarwaye? Ibyo ntibiterwa n’ikindi keretse umubabaro wo mu mutima.”Mbyumvise ndatinya cyane. 3 Umwami ndamusubiza nti “Umwami arakarama! Icyambuza kugaragaza umubabaro ni iki, ko umurwa n’ahantu h’ibituro bya ba sogokuruza habaye amatongo, n’amarembo yaho akaba yarahiye?”4Umwami arambaza ati “Hari icyo unsaba?”Nuko nsaba Imana nyir’ijuru, 5maze nsubiza umwami nti “Niba umwami abikunze kandi umugaragu wawe nkakugiraho ubuhake, unyohereze i Buyuda mu murwa urimo ibituro bya ba sogokuruza, mbone kuwubaka.”6Umwami yari yicaranye n’umwamikazi arambaza ati “Urugendo rwawe ruzaba urw’iminsi ingahe, kandi uzagaruka ryari?” Nuko umwami yemera ko ngenda dusezerana igihe.

Nehemiya 2: 1 – 6

9Maze ndagenda nsanga ibisonga byo hakurya y’uruzi mbaha inzandiko z’umwami, kandi umwami yari yantumanye n’abatware b’ingabo n’abagendera ku mafarashi. 10Bukeye Sanibalati w’Umuhoroni na Tobiya umugaragu w’Umwamoni babyumvise birabababaza cyane, yuko haje umuntu wazanywe no gushakira Abisirayeli ibyiza.11Nuko ngeze i Yerusalemu marayo gatatu

Nehemiya 2: 11

Ibi byanditswe mu isezerano ryo “gusana no kubaka Yeruzalemu” Daniyeli yari yarahanuye ariho kubara bizatangira. Byari mu mwaka wa 20 w’umwami w’abami w’Abaperesi Aritazerikisesi, uzwi cyane – mu mateka kuva yatangira ingoma ye muri 465 mbere y’igihe cya Kristu. Ari nabwo mu mwaka wa 20 wo gutegeka kwe iri teka mu mwaka wa 444 mbere y’igihe cya Kristu ryari gutangwa. Hafi imyaka ijana nyuma ya Daniyeli, Umwami w’abami w’Abaperesi yatanze itegeko rye, bitangirana no kubara byari kuzazana Kristo.

Karindwi ‘Zirindwi’ na mirongo itandatu na kabiri ‘Zirindwi

Ubuhanuzi bwa Daniel bwerekanye ko nyuma ya “Karindwi ‘zirindwi’ na mirongo itandatu na kabiri ‘zirindwi’ Kristo azamenyekana. 

“Karindwi” ni iki?  

Mu itegeko rya Mose hari igihe cy’imyaka irindwi aho ubutaka bwagombaga kurazwa bagasubika  ubuhinzi buri mwaka wa karindwi. Byanditswe mu buryo bukurikira

 2“Bwira Abisirayeli uti: Nimumara kugera mu gihugu nzabaha, icyo gihugu kizajye kiziriririza Uwiteka isabato. 3Uzajye ubiba mu murima wawe mu myaka itandatu, kandi mu myaka itandatu uzajye wanganya amahage y’imizabibu yawe, kandi abe ari mo usarura imyaka yabyo. 4Ariko umwaka wa karindwi uzajye uba isabato yo kuraza igihugu ihinga yo kuziriririzwa Uwiteka, ntukawubibemo ku murima wawe, ntukawanganyemo amahage y’imizabibu yawe.

Abalewi 25: 2 – 4

Imiterere y’amagambo ya Daniyeli iri mu ‘myaka’, nuko rero ‘karindwi’ bisobanura ibi bihe by’imyaka irindwi. Icyo gihe, karindwi ‘zirindwi’ na mirongo itandatu na kabiri ‘zirindwi’ byasobanurwa mu buryo bwa (7 + 62) * 7 = imyaka 483.  

Umwaka w’ iminsi- 360 

Tugomba gukora kalendari imwe nto yo kubihuza. Nkuko aba kera benshi babigenzaga, abahanuzi bakoresheje umwaka w’iminsi 360. Hariho uburyo butandukanye bwo gukurikirana ‘umwaka’ muri kalendari. Iya kijyambere (ishingiye kuri rugendo rw’izuba ) ni iminsi 365.24, iyab’Isilamu ni iminsi 354 ( ishingiye ku rugendo rw’ukwezi ). Daniyeli we yakoresheje iy’iminsi 360. Rero, imyaka 483, ‘y’iminsi 360 – ni 483 * 360 / 365.24 = imyaka 476 y’izuba.

Kuza kwa Kristo

Tugendeye kuri aya makuru ubu biroroshye kubara igihe Kristo yagombaga kuzira hakurikijwe ubuhanuzi bwa Daniyeli. Imyaka 483 y’iminsi 360 ku mwaka iraduha:

Imyaka 483 * iminsi 360 ku mwaka = iminsi 173 880

Muri kalendari yacu ya none ibi byaduha imyaka 476 y’izuba hakaba hasigaye iminsi 25. 

(173 880/365.24219879 = 476 hagasigara 25).

Umwami Aritazerikisesi yategetse gusana Yeruzalemu:

Mu kwezi kwa Nisani mu mwaka wa makumyabiri… 

Nehemiya 2: 1

Nisani ya 1 iri mu bitekerezo kuva yatangira umwaka mushya w’Abayahudi n’Ubuperesi, bigaragaza impamvu Umwami yavuganye na Nehemiya mu birori.  Nisani ya 1 yari kandi kuba itangiriro ry’ukwezi gushya kuva bakoresha amezi y’ukwezi.  Hagendewe ku iteganyabihe  rigezweho tuzi ko igihe ukwezi gushya kuranga Nisani ya 1, muri 444 mbere ya Yesu ariho kwabaye.  Ibarwa ry’inyenyeri rishyira ukwezi kwa Nisan ya 1 y’umwaka wa 20 w’umwami w’abami w’Abaperesi Aritazerikisesi saa kumi za mugitondo ku ya Werurwe 4, 444 mbere ya Yesu muri kalendari igezweho.

… ku munsi wa Mashami Ku cyumweru

Ongeraho imyaka 476 y’igihe cya Daniyeli cyahanuwe kuri iyi tariki itugeza muri Werurwe 4, 33 ku gihe cya Krisitu, nkuko byasobanuwe haruguru.  Ongeraho iminsi 25 isigaye y’igihe Daniyeli yahanuwe kugeza Werurwe 4, 33 mu gihe cya Krisitu, iduha 29 Werurwe 33 mu gihe cya Krisitu.  Ku ya 29 Werurwe 33 nyuma ya Yesu, yari Ku cyumweru cy’imikindo – umunsi Yesu yinjiye i Yeruzalemu ku ndogobe, avuga ko ari Kristo.  

Tangira – Iteka ryatanzweWerurwe 4, 444 mbere y’igihe cya Krisitu
Ongeraho imyaka y’izuba (- 444 + 476 + 1)Werurwe 4, 33 mu gihe cya Krisitu
Ongeraho iminsi 25 isigaye y’ ‘indwi’ Werurwe 4 + 25 = 29 Werurwe, 33 mu gihe cya Krisitu
Ku ya 29 Werurwe 33 mu gihe cya KrisituKu cyumweru, Kwinjira kwa Yesu i Yeruzalemu

Yesu yinjiye i Yeruzalemu ku ya 29 Werurwe 33 mu gihe cya Krisitu, ashyirwa ku ndogobe, Yesu yasohoje ubuhanuzi bwa Zakariya n’ubuhanuzi bwa Daniyeli – kugeza no ku munsi. 

Impanda y’intsinzi yo kwinjira kwa Yesu – Uwo munsi

Icyi ni icyumweru cya mashami, umunsi nyine twibuka ko Yesu yinjiye muri Yeruzalemu. Dukurikije ibyo twabonye hejuru tugakoresha imibare y’ibanze, dusanga igisigo cya Daniyeli cya karindwi bitugeza neza kuri uyu munsi. Uyu niwo munsi Yesu yerekanwe nk’Umwami cyangwa Kristo mu gihugu cy’Abayahudi. Ibi turabizi kuko Zakariya (wari wahanuye izina rya Kristo) nawe yari yaranditse ati:

 Nezerwa cyane wa mukobwa w’i Siyoni we, rangurura wa mukobwa w’i Yerusalemu we, dore umwami wawe aje aho uri. Ni we mukiranutsi kandi azanye agakiza, yicishije bugufi agendera ku ndogobe, ndetse no ku cyana cyayo.

Zakariya 9: 9

Zakariya n’abandi beretswe ukwinjira k’Umwami i Yeruzalemu

Umwami wari utegerejwe kuva kera azahishurwa ajya i Yeruzalemu ku ndogobe hamwe n’imbaga yitabiriye ibirori ivuza impundu yishimye. Ku munsi w’impanda y’ibyishimo byo kwinjira kwa Yesu i Yeruzalemu – uwo munsi nyine wahanuwe na Daniyeli mu gisigo cye cy ‘karindwi’ – Yesu yagiye i Yeruzalemu ku ndogobe. Luka yarabyanditse:

 41Ageze hafi abona umurwa arawuririra ati 42“Uyu munsi nawe, iyo umenya ibyaguhesha amahoro! Ariko noneho bihishwe amaso yawe. 43Kuko iminsi izaza, ubwo abanzi bawe bazakubakaho uruzitiro. Bazakugota, bazakurinda cyane impande zose, 44kandi bazagutsembana n’abana bawe batuye muri wowe. Ntibazagusigira ibuye rigeretse ku rindi, kuko utamenye igihe wagenderewe.

Luke 19: 41 – 44

Yesu yarijijwe nuko abantu batari bazi umunsi nyine wahanuwe na Zakariya na Daniyeli. Ariko kubera ko batigeze bamenya uyu munsi ko Kristo yahishuwe, ikintu gitunguranye rwose cyari kuba. Daniyeli, muri icyo gice kimwe aho yatanze igisigo cya ‘indwi’, yahanuye ko:

 26Ibyo byumweru uko ari mirongo itandatu na bibiri nibishira Mesiya azakurwaho, kandi nta cyo azaba asigaranye. Maze abantu b’umutware uzaza bazarimbure umurwa n’ubuturo bwera, uwo iherezo rye rizaba nk’utembanywe n’umwuzure w’amazi, intambara n’ibyago bizarinda bigeza imperuka. Ni ko bitegetswe. 27 Uwo mutware azasezerana na benshi isezerano rikomeye, rimare icyumweru kimwe. Nikigera hagati azabuzanya ibitambo n’amaturo, umurimbuzi azaza ku ibaba ry’ibizira, maze kugeza ku mperuka yategetswe uburakari buzasandazwa kuri uwo murimbuzi.”

Daniyeli 9: 26 – 27

Iyo afata intebe y’ubwami, Kristo yari ‘gukurwaho’ kandi ntakintu yari gusigarana. Mu gukoresha iyi nteruro ‘gukurwaho’ (Bibiliya zimwe zisemura gusa ‘kuzapfa’) Daniyeli yashingiraga ku ‘Ishami’, riva ku gisekuru cya Yese, ryahanuwe mbere na Yesaya, rigaobanurwa na Yeremiya, izina ryahanuwe na Zekariya ryongera kandi gihishurirwa Daniyeli na Zakariya. Iri shami ryari ‘gukurwaho’.  Nyuma umujyi wa ( Yerusalemu ) wari gusenywa ( byabaye muri 70 nyuma ya Krisitu ).  Ariko ni gute iri shami ryari ‘gukurwaho? Tuzabigarukaho ubutaha kuri Yesaya kugirango turebe ibisobanuro bifatika.

Ishami: Yiswe imyaka amagana mbere y’uko avuka.

Twabonye uburyo Yesaya yakoresheje ishusho ry’ishami.  Uwari kuzava mu ngoma yaguye ya Dawidi, Yari kuzaba afite ubwenge n’imbaraga. Yeremiya yakurikiranye avuga ko iri ishami rizamenyekana nk’Uwiteka ( izina ry’Isezerano rya Kera ku Mana ) ubwayo.

Zakariya akomeza Ishami

Zakariya yagarutse nyuma y’ubuhungiro bwa Babiloni kugira ngo yubake urusengero

Umuhanuzi Zakariya yabayeho muri 520 mbere ya Yesu, nyuma y’uko Abayahudi basubiye i Yeruzalemu bava mu buhungiro bwabo bwa mbere i Babiloni.  Icyo gihe, Abayahudi bubakaga urusengero rwabo rwasenyutse.  Umutambyi mukuru icyo gihe yari umugabo witwa Yoshuwa, yari yongeye gutangira imirimo y’ubutambyi. Zakariya, umuhanuzi, yafatanyaga na mugenzi we Yoshuwa, Umutambyi Mukuru, mu kuyobora Abayahudi. Dore ibyo Imana – ibinyujije muri Zakariya – yavuze kuri uyu Yoshuwa:

‘”Umva Wowe mutambyi Mukuru Yoshuwa na bagenzi bawe bicaye imbere yawe, abo ni abagabo bagereranya ibintu bizaza: Ngiye kuzana umugaragu wanjye Ishami. ” …, Uwiteka Ushoborabyose niko avuze: “Kandi nzakuraho icyaha cy’iki gihugu umunsi umwe

Zakariya 3: 8 – 9

Ishami!  Ryatangijwe na Yesaya imyaka 200 mbere, rikomezwa na Yeremiya hashize imyaka 60, Zekariya akomeza hamwe n’Ishami.  Hano Ishami naryo ryitwa ‘umugaragu wanjye.  Mu buryo bumwe na bumwe, Umutambyi Mukuru Yoshuwa muri Yeruzalemu mu wa 520 mbere ya Kristu, mugenzi wa Zakariya, yari ikimenyetso cy’iri shami rizaza.  Ariko gute? Bivuze ko umunsi umwe’ ibyaha bizakurwaho n’Uwiteka. Ibyo byari kubaho bite?

Ishami: Guhuriza hamwe umutambyi n’Umwami

Zekariya asobanura nyuma. Kugira ngo twumve ko dukeneye kumenya ko uruhare rw’umutambyi n’Umwami rwatandukanijwe rwose mu Isezerano rya Kera. Nta n’umwe mu Bami ba Dawidi washoboraga kuba abatambyi, kandi abatambyi ntibashoboraga kuba abami. Uruhare rw’umutambyi kwari uguhuza Imana n’umuntu binyuze mu gutanga ibitambo by’inyamaswa ku Mana kubera guhongerera ibyaha, kandi akazi k’Umwami kwari ugutegeka no gutanga ubutabera yicaye ku ntebe y’ubwami. Bombi bari ingenzi; bombi bari batandukanye. Nyamara Zakariya yanditse ko mu gihe kiri imbere:

‘Ijambo ry’Uwiteka ryaje aho ndi: “… Fata ifeza na zahabu hanyuma ukore ikamba, urishyire ku mutwe w’umutambyi mukuru Yoshuwa. Mubwire ibi nibyo Uwiteka Ushoborabyose avuga ati: ‘Dore umuntu witwa Ishami, kandi azahaguruka mu mwanya we yubake urusengero rw’Uwiteka… kandi azambara icyubahiro kandi azicara ategeke ku ntebe ye. Kandi azaba umutambyi ku ntebe ye. Kandi hazabaho ubwumvikane hagati ya bombi ‘

Zakariya 6: 9 – 13

Hano, binyuranyije n’amategeko yose yababanjirije, umutambyi mukuru mu gihe cya Zakariya ( Yoshuwa ) agomba kwambara ikamba ry’umwami mu buryo bw’ikigereranyo nk’ishami. Wibuke ko Yoshuwa yari ‘ikimenyetso cy’ibintu bizaza. Yoshuwa, Umutambyi Mukuru, mu kwambara ikamba ry’’ubwami, yabonye ejo hazaza hahuza Umwami n’Umutambyi mu muntu umwe – umutambyi ku ntebe y’Ubwami.  Byongeye kandi, Zakariya yanditse ko ‘Yoshuwa’ yari izina ry’ishami. Ibyo bivuze iki?

Izina ‘Joshua’ ni izina ‘Yesu

Kugira ngo twumve ko dukeneye gusuzuma amateka y’ubusobanuro bw’isezerano rya kera. Isezerano rya mbere ry’igiheburayo ryahinduwe mu kigereki muri 250 BCE, rizwi ku izina rya “Septuagint cyangwa LXX”.  Riracyanakoreshwa cyane, twabonye uburyo ‘Kristo’ yagaragajwe bwa mbere muri “LXX” hanyuma tugakurikiza iryo sesengura ubu kuri ‘Yoshuwa

‘Yoshuwa’ = ‘Yesu’. Bombi baturuka mu izina ry’igiheburayo ‘Yhowshuwa’

Nkuko mubibona ku gishushanyo Yoshuwa ni ubusobanuro bw’icyongereza bw’izina ry’umwimerere ry’igiheburayo ‘Yhowshuwa.  Quadrant # 1 yerekana uburyo Zakariya yanditse ‘Yoshuwa’ muri 520 MIC mu giheburayo.  Byahinduwe ‘Yoshuwa’ mu Cyongereza ( # 1 = > # 3 ). ‘Yhowshuwa’ mu giheburayo ni kimwe na Yoshuwa mu Cyongereza Igihe LXX yahinduwe kuva mu giheburayo ikajya mu kigereki mu 250 BCE Yhowshuwa yahindurwaga ‘Iesous ‘( # 1 = > # 2 ). ‘Yhowshuwa’ mu giheburayo ni kimwe na Iesous mu kigereki. Iyo Ikigereki cyahinduwe mucyongereza, Iesous ihindurwa mo ‘Yesu’ ( # 2 = > # 3 ).  Iesous mu kigereki ni kimwe na Yesu mu Cyongereza.

Yesu yitwaga Yhowshuwa igihe yavugwaga mu giheburayo, ariko mu Isezerano Rishya ry’Ubugereki izina rye ryanditswe nka ‘Iesous’ – rihwanye n’uburyo Isezerano rya Kera ry’Abagereki LXX yanditse iryo zina. Iyo Isezerano Rishya rihinduwe kuva mu kigereki rijya mu Cyongereza ( # 2 = # > 3 ‘Iesous’ bisobanurwa ngo ‘Yesu.  Izina rero ‘Yesu’ = ‘Yoshuwa’, hamwe na ‘Yesu’ unyura mu ntambwe yo hagati y’Abagereki, na ‘Yoshuwa’ biva mu giheburayo.  Yesu w’i Nazareti bombi, na Yoshuwa Umutambyi Mukuru wo muri 520BCE bari bafite izina rimwe, bitwa ‘Yhowshuwa’ mu giheburayo kavukire. Mu kigereki, bombi bitwaga ‘Iesous.  

Yesu w’i Nazareti ni Ishami

Noneho ubuhanuzi bwa Zakariya burumvikana. Ubu ni ubuhanuzi bwakozwe muri 520 MIC, ko izina ry’ishami rizaza ryaba ‘Yesu’, ryereka Yesu w’i Nazareti.

Uyu Yesu uzaza, nk’uko Zakariya abivuga, yahuzaga uruhare rw’Umwami n’Abatambyi. Ni iki abatambyi bakoze? Mw’izina ry’abantu batanze ibitambo ku Mana kugira ngo bakizwe ibyaha. Umutambyi yatwikiriye ibyaha by’abaturage binyuze mu gitambo. Mu buryo nk’ubwo, Ishami rizaza ‘Yesu’ ryari kuzana igitambo kugira ngo Uwiteka ‘ashobore gukuraho icyaha cy’iki gihugu umunsi umwe’ – umunsi Yesu yitanze nk’ igitambo.

Yesu w’i Nazareti yari azwi hanze y’ivanjiri.  Abayahudi “Talmud”, Josephus n’abandi banditsi bose b’amateka kuri Yesu, inshuti n’abanzi, bahoraga bamwita ‘Yesu’ cyangwa ‘Kristo, izina rye rero ntabwo ryahimbwe mw’ivanjiri.  Ariko Zakariya yahanuye izina rye imyaka 500 mbere yuko abaho.

Yesu yaje ‘aturutse mu gishyitsi cya Yese’ kuko Yese na Dawidi bari abakurambere be. Yesu yari afite ubwenge no gusobanukirwa ku rwego rumutandukanya n’abandi.  Gusobanukirwa kwe kurenze, gutuza no gushishoza byakomeje gutangaza abamunegura n’abayoboke be.  Imbaraga ze binyuze mu bitangaza n’ivanjiri ntawabihakana. Umuntu ashobora guhitamo kutabyemera; ariko umuntu ntashobora kubyirengagiza.  Yesu ahuye n’ubwiza bwo kugira ubwenge n’imbaraga zidasanzwe Yesaya yahanuye ko umunsi hari uzaza aturutse mw’ishami. 

Noneho tekereza ku buzima bwa Yesu w’i Nazareti. Yavuze rwose ko ari umwami – Umwami w’ukuri. Ibi nibyo ‘Kristo’ bisobanura.  Ariko ibyo yakoze mugihe yari kw’isi mubyukuri byari ubutambyi. Akazi k’ubutambyi kwari ugutanga ibitambo byemewe mu izina ry’Abayahudi.  Urupfu rwa Yesu rwari ingirakamaro muri ibyo, kandi, rwari ituro ry’Imana, mu izina ryacu. Urupfu rwe rwatsinze icyaha no guhamwa nacyo ku muntu uwo ari we wese, atari ku Muyahudi gusa. Ibyaha by’ubutaka byavanyweho ‘mu munsi umwe’ kuko Zakariya yari yarahanuye – umunsi Yesu yapfiriyeho kandi yishyura ibyaha byose. Mu rupfu rwe yujuje ibisabwa byose nk’ umutambyi, nubwo ahanini azwi nka ‘Kristo’ cyangwa Umwami.  Yahuje inshingano zombi. Ishami, rya Dawudi kera ryiswe ‘Kristo’, ni Umutambyii – Umwami.  Kandi izina rye ryahanuwe imyaka 500 mbere yuko avuka na Zakariya.

Ikimenyetso cy’ishami: Igishyitsi cyapfuye cyongeye Kigashibuka.

Yesu yari afite abamunegura babazaga ubutware bwe.  Iyo Yabasubizaga yerekana abahanuzi baje mbere ye, Akavuga ko bahanuye ubuzima bwe.  Dore urugero rumwe Yesu yarababwiye ati:

… Ibi ni Ibyanditswe cyane bihamya kuri njye …

Yohana 5: 39

Mu yandi magambo, Yesu yavuze ko yahanuwe mu Isezerano rya Kera, ryamubanjirije imyaka amagana. Abahanuzi bo mu Isezerano rya Kera bavuze ko Imana yahumekeye inyandiko zabo. Kubera ko nta muntu ushobora guhanura neza imyaka amagana mu gihe kizaza, Yesu yavuze ko ibi ari ibimenyetso byerekana niba koko yaje ari gahunda y’Imana cyangwa niba atariyo. Ni ikizamini cyo kureba niba Imana ibaho kandi niba ivuga.  Isezerano rya Kera rihari kugirango dusuzume kandi dusuzume iki kibazo kimwe kuri twe ubwacu.

Banza usuzume.  Kuza kwa Yesu kwatangajwe mu ntangiriro y’Isezerano rya Kera.  Hanyuma twabonye ko igitambo cya Aburahamu cyahanuye aho Yesu yagombaga gutangwa mugihe Pasika yahanuye umunsi n’umwaka ko bizaba.  Twabonye ko Zaburi ya 2 ariho izina ‘Kristo’ ryakoreshejwe ryabanjirije Umwami uza.  Ariko ntibyarangirira aho.  Ibindi byinshi byanditswe bishakisha ejo hazaza ukoresheje andi mazina n’ibyavuzwe. Yesaya ( imyaka 750 mbere ya Yesu ) yarabivuze nyuma ibitabo byo mu Isezerano rya Kera byerekanye ko hari ishami rizaza.

Yesaya n’ishami

Igishushanyo gikurikira cyerekana Yesaya mu gihe cy’amateka hamwe n’abandi banditsi bo mu Isezerano rya Kera.

Urabona ko uhereye igihe igitabo cya Yesaya cyanditswe mu gihe cy’ingoma y’ubwami bwa Dawidi (1000 – 600 mbere ya Yesu). Icyo gihe (muri 750 mbere ya Yesu) ingoma n’ubwami yari yaramuzwe n’ibyaha. Yesaya yasabye ko Abami basubira ku Mana no mu mwuka w’amategeko ya Mose. Ariko Yesaya yari azi ko Isiraheli itazihana, bityo ahanura ko izarimburwa kandi ingoma ya cyami ikazarangira.

Yakoresheje imvugo ngereranyo yihariye, cyangwa ishusho, ku ngoma y’umwami, ayishushanya nk’igiti kinini. Iki giti cyari gifite imizi ariyo Yese, se w’umwami Dawidi. Kuri Ysse Ingoma yatangiranye na Dawidi, no kuri Salomo wamusimbuye, igiti cyakomeje gukura no gutera imbere.

Mbere cyar’Igiti … hanyuma igishyitsi … hanyuma Ishami

Yesaya yanditse ko iyi ngoma igereranywa n’igiti’ kizatemwa vuba, ikagabanywa kugeza ku gishyitsi. Dore uko yerekana ishusho y’igiti nyuma akayihindura igishyitsi  n’igihimba:

 

1  Mu gitsina cya Yesayi hazakomoka agashami, mu mizi ye hazumbura ishami ryere imbuto.2Umwuka w’Uwiteka azaba kuri we, umwuka w’ubwenge n’uw’ubuhanga, umwuka wo kujya inama n’uw’imbaraga, umwuka wo kumenya Uwiteka n’uwo kumwubaha

Yesaya 11: 1 – 2


Ingoma igereranywa nk’igihimba cya Yese- se wa Dawidi

Gutema iki ‘giti’ byabaye nyuma y’imyaka 150 nyuma ya Yesaya ahagana muri 600 mbere ya Yesu, igihe Abababuloni bigaruriye Yeruzalemu bakirukanira abaturage bayo n’umwami i Babiloni mu buhungiro ( igihe gitukura mu ngengabihe iri hejuru). Yese yari se w’umwami Dawidi, kandi n’intandaro y’ingoma ya Dawidi. ‘Igishyitsi, Yese’ rero cyari ikigereranyo cy’ukugwa kw’ ingoma ya Dawidi.

Ishami: ‘we’ uza kuva Dawidi afite ubwenge

Ishami rishibuka ku gihimba cyapfuye cya Yese

Ariko ubu buhanuzi bwarebye kure ku hazaza kuruta gucibwa kw’abami gusa. Yesaya yahanuye ko nubwo ‘igishyitsi’ kizagaragara nkaho cyapfuye ( kuko ibishyitsi biba ), umunsi umwe mu gihe kizaza cyari kuza shibuka kikazana ishami rigiturutsemo, nkuko amashami ashobora kumera avuye mu bishyitsi by’biti. Iri shami ryitwa ‘we’ bityo Yesaya avuga ku mugabo runaka, ukomoka ku gisekuru cya Dawidi nyuma yuko ingoma izacibwa. Uyu mugabo yaba afite imico y’ubwenge, imbaraga, n’ubumenyi byaba ari nkaho Umwuka w’Imana cyane wari umuriho.

Yesu … ‘we’ ukomoka kuri Dawidi afite ubwenge

Yesu ahuye n’ibisabwa, kuza ‘kuva mu gishyitsi cya Yese’ kuva Yese na Dawidi bari abakurambere be. Igituma Yesu adasanzwe ni ubwenge no gusobanukirwa yari afite.  Ubushishozi bwe, bushishoza n’ubushishozi mu guhangana n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi n’abigishwa bikomeje gushimisha abanegura ndetse n’abayoboke kuva icyo gihe.  Imbaraga ze mu ivanjiri binyuze mu bitangaza ntawabihakana. Umuntu ashobora guhitamo kutabyemera; ariko umuntu ntashobora kubyirengagiza.  Yesu ahuye n’ubwiza bwo kugira ubwenge n’imbaraga zidasanzwe Yesaya yahanuye ko umunsi umwe uzava muri iri shami.

Yeremiya n’ishami

Ni nk’imenyetso cyashyizweho na Yesaya mu mateka. Ariko ntibyarangirira aho. Ikimenyetso cye ni icyambere gusa mu bimenyetso byinshi. Yeremiya, yabayeho nyuma y’imyaka 150 ya Yesaya, igihe ingoma ya Dawidi yacibwaga mbere y’uko we ubwe yandika:

 “Dore iminsi izaza, ubwo nzumburira Dawidi Ishami rikiranuka, azima abe umwami kandi akorane ubwenge, azasohoza imanza zitabera no gukiranuka mu gihugu. Ni ko Uwiteka avuga. 6Mu gihe cye Yuda azakizwa kandi Isirayeli azibera amahoro, iri ni ryo zina rya Shami rizitwa: UWITEKA GUKIRANUKA KWACU.”

Yeremiya 23: 5 – 6

Yeremiya yaguye insanganyamatsiko y’ishami ry’ingoma ya Dawidi yatangijwe na Yesaya mu myaka 150 mbere. Ishami rizaba Umwami uganje. Ariko ibi nibyo rwose Zaburi 2 ubuhanuzi bwavuze Umwana w’Imana uzaza / Kristo / Mesiya. Ese birashoboka ko Ishami n’Umwana w’Imana ari bimwe?

Ishami: Uwiteka Gukiranuka kwacu

Ariko iri shami ryitwa iki? Ryari kwitwa ‘UMWAMI’ uzaba ‘wacu’ ( ni – twe abantu ) Gukiranuka kwacu. Nk’uko twabibonye hamwe na Aburahamu, ikibazo cy’abantu nuko ‘turi abanyabyaha’, bityo rero dukeneye ‘gukiranuka.  Hano, mu gusobanura Ishami, tubona igitekerezo cy’uko abantu bo mu bihe by’ahazaza bya Yeremiya bari kuzabona ‘gukiranuka’ kwabo n’Uwiteka – YAHWEH ubwe ( YAHWEH ni izina ry’Imana mu Isezerano rya Kera ).  Ariko ibyo byari gukorwa bite?  Zakariya yatanze ibisobanuro birambuye kuri twe kuko yerekana kurushaho kuri iyi nsanganyamatsiko y’ishami rizaza, ahanura n’izina rya Yesu – tuzareba ubutaha.